00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Prosper Nkomezi yageze i Kampala aho agiye gutaramira (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 5 July 2024 saa 05:53
Yasuwe :

Prosper Nkomezi uri mu baramyi bakunzwe mu muziki w’u Rwanda mu ijoro ryo ku wa 4 Nyakanga 2024 yageze i Kampala muri Uganda aho agiye gukorera igitaramo ku wa 7 Nyakanga 2024.

Prosper Nkomezi yagiye muri Uganda ajyanye n’itsinda ry’abaririmbyi n’abacuranzi bamufasha mu muziki we mu rwego rwo kuzatanga umuziki mwiza ku bakunzi be.

Uyu muramyi akigera i Kampala yabwiye IGIHE ko yahageze amahoro ndetse ari kumwe n’abacuranzi be bose bameze neza ku buryo biteguye gutanga ibyishimo ku bakunzi b’umuziki.

Ati “Twese hano tumeze neza, twahageze amahoro ubu igisigaye ni umunsi w’igitaramo ubundi abakunzi banjye bakishimira umuziki mwiza.”

Uyu muhanzi ategerejwe mu gitaramo azakorera i Kampala ahitwa ‘The Plaza Auditorium’ iherereye i Jinja aho kwinjira bizaba ari ibihumbi 20UGX mu myanya isanzwe, ibihumbi 30UGX mu myanya y’abanyacyubahiro, ibihumbi 50UGX muri VVIP n’ibihumbi 500UGX ku meza y’abantu batanu.

Si Prosper Nkomezi wenyine utegerejwe i Kampala kuko Israel Mbonyi nawe ategerejweyo ku wa 23 Kanama 2024 mu gihe we azanataramira i Mbarara ku wa 25 Kanama 2024.

Prosper Nkomezi yari aherutse gukorera igitaramo gikomeye i Kigali

Abari kugura amatike mbere bagabanyirijwe
Prosper Nkomezi yageze i Kampala muri Uganda
Ubwo Prosper Nkomezi yari ageze ku kibuga cy'indege i Entebbe

Kanda hano udukurikire kuri WhatsApp Channel


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages