00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Qing Madi wakoranye na Element ari mu gahinda gakomeye

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 23 April 2026 saa 07:54
Yasuwe :

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria Qing Madi, wagize uruhare kuri album Element Eleéeh yitegura gushyira hanze, yatangaje ko yasohoye indirimbo igahita isibwa kuri Spotify nyuma yo gukomanyirizwa na sosiyete yahoze imufasha ya JTon Music, akavuga ko iri gushaka kumwangiriza izina mu mwuga.

Uyu mukobwa w’imyaka 19 y’amavuko yabigarutseho mu butumwa yanyujije kuri Instagram.

Ni nyuma y’uko indirimbo ‘Pepper Me’, yafatanyije na Zinoleesky, ikuwe kuri Spotify bisabwe n’inzu ifasha abahanzi ya ‘JTon Music’ yabarizwagamo mbere bakaza gutandukana nabi, ndetse bakitabaza inkiko.

Uyu muhanzi yavuze ko JTon Music yiyemeje kumwangiriza izina nyuma yo kubura miliyoni 1$ yari itegereje kuzamukuraho.

Ati “Abantu bo muri sosiyete yamfashaga bagerageje kuzimya Cynthia Morgan ni na bo bari kugerageza kunzimya. Birabababaza kuko ntacitse intege na nyuma yo kundega banyifuzamo miliyoni y’Amadorali bagatsindwa.”

Nubwo iyi sosiyete ntacyo irabitangazaho, Qing Madi yarahiriye gukoresha ubushobozi bwe bwose kugira ngo indirimbo ye isubire kuri uru rubuga rwa Spotify.

Usibye ibi, muri 2025 yahuje igitekerezo na Kizz Daniel bemeza ko umuziki wa Nigeria wuzuyemo ibikorwa bibi by’abagamije kumira impano z’abahanzi.

Element aherutse gutangaza ko ari gukorana n’uyu muhanzi kuri album ye yitegura gusohora vuba iriho indirimbo hagati y’umunani n’icumi.

Ni album Element yifashishijemo ibindi byamamare nka Ruger, Kizz Daniel, n’abandi barimo abo mu Burengerazuba bw’Isi.

Qing Madi wakoranye na Element ari mu gahinda gakomeye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages