00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rema yahamije ko yigaruriwe n’abagore akiri muto

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 18 April 2026 saa 04:59
Yasuwe :

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria Divine Ikubor, wamamaye nka Rema, yisanzuye avuga ukuntu kuba yarabaye icyamamare akiri muto byamwangije kuko byamukururiye kwigarurirwa n’abagore bamunyunyuzaga.

Mu ndirimbo ye nshya “Moviestar” yasohoye afatanyije n’umuhanzi w’Umufaransa, Sofiane Pamart, Rema yagaragaje ko yararuwe n’abagore kuko yari umuhanzi w’ikimenyabose kugeza bamushukishije ibiyobyabwenge.

Muri iyi ndirimbo agira ati “Abakobwa bahora bampa ibisindisha. Ibyishimo byanjye biba biri mu byabo. [Izo] nshuti zihora zituma numva nibwe”.

Uyu muhanzi w’imyaka 25 y’amavuko, yavuze ko abafana be batabasha kumva aka gahinda ke kubera ko batazi ukuntu yafatiranywe “akiri muto cyane”.

Rema yakomeje asobanura ko byamugoye kureka umuziki kubera ibi bibazo kuko yari yarasinye mu nzu ifasha abahanzi. Yashimangiye ko iyi nzu yamusabaga kuririmba atitaye ku byiyumviro bye na mba.

Rema yamamaye cyane ubwo yari amaze gusinya mu nzu ifasha abahanzi ya Mavin Records, agahita asohora Ep (Extended Play) ye ya mbere muri 2019, agifite imyaka 19 y’amavuko.

REMA yatangaje ko kwamamara akiri muto byatumye abagore bamushuka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages