00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Riderman, Element, Nel Ngabo na Platini mu bakoze mu nganzo: Indirimbo za weekend

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 25 April 2026 saa 10:27
Yasuwe :

Riderman, Element, Muttima, Oda Paccy, Mike Kayihura, Amag The Black, Icenova, Nel Ngabo na Platini n’abandi bahanzi batandukanye, bakoze mu nganzo basohora indirimbo zagufasha kuryoherwa na weekend ya nyuma ya Mata. Hanze y’u Rwanda, naho Celine Dion, Madonna, Johnny Drille, Omarion, Akon, Olivia Rodrigo, BNXN, Pallaso n’abandi bafite indirimbo nshya.

Kubera Iki? – Riderman

Riderman aririmba asaba urubyiruko rw’u Rwanda kuba abanyamurava, kurinda ubuzima bwabo no kugira icyerekezo, indangagaciro na kirazira kugira ngo batere imbere ariko banahangana n’uwo ari we wese washaka kuvogera igihugu.

Iyi ni imwe mu ndirimbo zigize album ‘Umurwa w’indwanyi’ ateganya gushyira hanze vuba. Ari no kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki nk’umuhanzi ku giti cye.

Ayayaah - Element Eleéeh, Bien na Joshua Baraka

Ni indirimbo Element yakoranye na Bien wo muri Kenya na Joshua Baraka wo muri Uganda.

Ivugamo ubwiza bw’umukobwa w’Umunyafurika, uba wasazwe n’ibyishimo by’urukundo, umusore akamwizeza ko kumukunda.

Brand New – Old Wasp

Iyi ni indirimbo y’umuhanzi Old Wasp ubifatanya no kuba umushoramari dore ko afite inzu ifasha abahanzi yitwa ‘MetroAfro’. Ni yo irimo Boukuru, Kid From Kigali.

We Made It – Nel Ngabo na Platini

Abahanzi Nel Ngabo na Platini bamaze igihe basohora indirimbo imwe ku yindi mu zigize album nshya baherutse kumurika. Iyi album bahuriyeho yitwa ‘Vibranium’ ni yo basohoyeho iyi ndirimbo yitwa ‘We Made It’.

Ni indirimbo baririmbamo intsinzi yabo nk’uko n’amashusho abigaragaza.

Come On - Mike Kayihura

Mike Kayihura yakoze mu nganzo asohora indirimbo yitwa Come On. Aba aririmbira umukobwa bahoze baziranye ashaka kumenya niba yitonda nka kera ngo bakomezanye urukundo. Anasaba abandi bakobwa kumuha umwanya kugira ngo abonere uhagije uyu aririmbira.

Ceza - Oda Paccy na Uncle Austin

Oda Paccy, umaze iminsi agaragaza igaruka rye mu muziki, yasohoye indirimbo yakoranye kera na mugenzi we Uncle Austin.

Ni indirimbo yerekeye ibijyanye n’uburyohe bw’ubuzima n’ubwo bavuga ko hazamo ibitagenda neza. Amajwi yayo yatunganyijwe na nyakwigendera Junior Multisystem ubwo yari akiri ku Isi.

Si Wowe wenyine - Amag The Black

Amag The Black, washyize ingufu mu bushabitsi, ntajya apfa kwibagirwa abafana be kuko ubu yakoze mu nganzo na we agasohora indirimbo yise ‘Si Wowe wenyine’.

Aba abwira abantu ko bakwiye kwakira ko Isi ya kera atari yo y’ubu bityo ko umuntu akwiye kwimenyera gahunda ze.

Mabango – Muttima

Ni indirimbo yiganjemo Igiswahili aho uyu muhanzikazi, uri mu bo guhanga amaso, aririmba yizeza umuhungu urukundo rudasanzwe, ko bazafatanya kurwana urugamba rw’ubuzima.

Ndi Hano - Patient Bizimana na Kimber Terry

Patient Bizimana yasohoye indirimbo nshya yise ‘Ndi hano’, ya kabiri kuri album ye nshya yise ’Agakiza’. Yayikoranye na Kimber Terry, umuramyi ukorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Mujyi wa Nashville, aho Patient atuye.

Baririmbamo ko roho yabo iba inyotewe n’Uwiteka cyane ko baba barasogongeye ku mazi y’umugisha atanga.

Ni nde – Icenova n’Indatwa n’Abarerwa

Ni nde ni indirimbo ifite ubutumwa bugaruka ku mahitamo y’abahanzi, n’icyo abakunzi babo babakundira.

Soldier – AB Godwin

Incarutsi ya Game – Fally P Mwenyewe

Danse - Chris D

Dansons - Celine Dion

I feel so free - Madonna

Colorado – Johnny Drille, Ayra Starr na Young Jonn

The One – Omarion

Oli Mwana Wooha – Juliana Kanyomozi

Addict – Lil Twist na Lil Wayne

Que calor - Akon na Ochok

Drop Dead - Olivia Rodrigo

Tempting – Ykee Benda

Mukwano Gwo - Pallaso

Back Outside – BNXN na Sarz

PopStar - Black Sherif

Tonalaba - Tracy Melon na Mojo


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages