Ryari ijoro rigamije kumva ibitekerezo by’inshuti zabo ziganjemo abanyamakuru bakuranye mu rugendo rwa muzika.
Mu bari batumiwe harimo Mike Karangwa, David Bayingana, MC Tino, Muyoboke Alex , DJ Phil Peter n’abandi benshi biganjemo abanyamakuru bamaze igihe mu mwuga w’itangazamakuru.
Bull Dogg akomoza kuri album ‘Icyumba cy’amategeko’ yakoranye na Riderman, yavuze ko nyuma y’uko igiye hanze benshi mu bakunzi b’umuziki bagiye babasaba ko bakora igitaramo kidasanzwe.
Ati “Nyuma y’uko album isohotse abafana batangiye kutubaza niba hazabaho igitaramo cyayo, rero nk’abantu babizi ko twakoze ibitaramo binyuranye twumvaga ko ari ngombwa ko dutaramira abakunzi bacu […] Turi abagabo babiri bubahana kandi ntekereza ko ibyavuye muri album abantu babonye ko twakoze igikorwa cy’abagabo."
"Twasanze ari ngombwa ko twahura mukatugira inama, dukeneye inama zanyu n’ibitekerezo byadufasha gutegura igitaramo neza.”
Riderman yavuze ko guhura n’inshuti zabo icyari kigamijwe byari ukungurana ibitekerezo ku gikorwa bari gutegura kugira ngo kizarusheho kugenda neza.
Iki gikorwa cyabereye ahitwa ‘Milton Coffee’ kuri St Famille. Benshi mu bafashe ijambo bagaragaje ko bishimiye igikorwa cy’aba baraperi, babasaba gukomeza gushyiramo imbaraga ndetse banabizeza kubashyigikira.
Muri iki gikorwa Riderman na Bull Dogg banahise bamurika amashusho y’indirimbo ‘Hip Hop’ iri mu zigize album yabo nshya bise ‘Icyumba cy’amategeko’.
Byitezwe ko aba baraperi bazataramira muri Camp Kigali ku wa 24 Kanama 2024 aho bazaba bamurikira album yabo nshya.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!