Ringo Madlingozi yubatse izina mu buryo bukomeye muri Afurika ku bw’indirimbo ‘Sondela’ yakunzwe cyane mu myaka makumyabiri ishize. Uyu muhanzi umaze imyaka 35 akora umuziki azataramira muri Kigali Jazz Junction izaba ku itariki ya 29 Kamena 2018.
Igitaramo cya Ringo na Bebe Cool kizahurirana n’ibirori byo kwizihiza imyaka itatu ishize ibitaramo by’uruhererekane mu kwizihiza umuziki wa Jazz bitangijwe mu Rwanda.
Mu butumwa Ringo yacishije mu mashusho avuga ku gitaramo cye mu Rwanda, yavuze ko ari ubwa mbere agiye kuhataramira ndetse ko yizeye kuzahagirira ibihe byiza.
Yagize ati “Muraho Kigali, ni Ringo Madlingozi wo muri Afurika y’Epfo, nzaba ndi aho ku itariki ya 29 Kamena mu kwizihiza isabukuru y’imyaka itatu ya Kigali Jazz Junction. Tugomba kuzaba duhari twese, ni ubwa mbere nzaba nje i Kigali, muzaze twishimane. Murakoze.”
Igitaramo cya Ringo na Bebe Cool, kizagaragaramo abandi bahanzi bo mu Rwanda bagiye bitabira Kigali Jazz Junction mu bihe bitandukanye kuva mu mwaka wa 2015 barimo Hope Irakoze, Social Mula, Mani Martin ndetse na Andy Bumuntu.
Kwinjira bizaba ari ukwishyura amafaranga ibihumbi icumi mu myanya isanzwe ndetse na 20,000frw mu myanya y’icyubahiro mu gihe abazifatanyiriza hamwe ari umunani bazishyura 160,000Frw.
Sondela, imwe mu ndirimbo za Ringo zaciye ibintu



















TANGA IGITEKEREZO