Kabarebe yitabiriye ubu bukwe kimwe n’abandi bantu bazwi mu Rwanda barimo Sadate Munyakazi wabaye umuyobozi wa Rayon Sports, Dr Muyombo Thomas uyobora Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Gutanga Amaraso n’abandi.
Ubu bukwe kandi bwitabiriwe n’ibyamamare mu ngeri zitandukanye byiganjemo abanyamuziki nka Producer Element wakoze indirimbo ‘Kola’ ya The Ben, Producer Kiiz uherutse kwegukana igihembo cya Producer of The Year muri Isango na Muzika Awards 2023.
Hari kandi abahanzi nka Christopher, Igor Mabano, Andy Bumuntu bambariye uyu musore, hamwe n’abandi barimo Chriss Eazy, Okkama, Niyo Bosco, Yvan Mpano, Shemi n’abandi batandukanye.
Mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu nibwo The Ben na Pamella basezeranye imbere y’Imana n’itorero, mu muhango wabereye mu rusengero Eglise Vivante ruherereye ku musozi wa Rebero mu Karere ka Kicukiro.
Tariki 15 Ukuboza 2023 mu busitani Mlimani Jalia Garden buherereye i Rusororo mu Akarere ka Gasabo, nibwo Mugisha Benjamin wamamaye nka The Ben yasabye anakwa Uwicyeza Pamella bamaze imyaka ine bakundana.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!