00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rumaga yamuritse abahanzi 10 yatoreje mu irerero rye ry’abasizi (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 31 August 2025 saa 03:29
Yasuwe :

Umusizi Rumaga Junior wa Nsekanabo, yamuritse abahanzi 10 biganjemo abasizi, yatoreje mu irerero ry’abasizi yise Ibyanzu, binyuze mu mushinga yise "Siga Rwanda" yatangije mu myaka ishize.

Ni mu gitaramo cyabaye ku wa Gatandatu, tariki 30 Kanama 2025. Mu ‘Ibyanzu’ Rumaga yakiriyemo abasizi n’umucuranzi umwe. Muri abo harimo abahungu barindwi n’abakobwa batatu.

Rumaga yabwiye IGIHE ko ari ishema kuri we kuba hari amashami menshi akomeje gushibuka, agaragaza ko iyi ntambwe yongeye gutera yamuteye izindi mbaraga mu buryo bukomeye.

Ati “Buri gihe birashimisha kwibaruka. Uyu munsi twibarutse izi mpano mu Ibyanzu, twiteze ko na bo hari itafari bagiye gushyira ku ruganda rw’ubusizi tugakomeza gufatana amaboko mu kubuteza imbere.”

Mu basizi Rumaga yakiriye harimo Mugisha Gentil Busoro, Murekatete Lily Poet, Karile Odile, Ingabire Yvonne, Ineza Nkindi Kevin, Mugisha Richard usanzwe acuranga, Gashema Célestin, Mugwaneza Ange Jerome Keane Yambi Hug, Mugisha Trezor na Gahenda.

Ni abanyempano bavuye mu bandi barenga 40 bari biyandikishije bashaka kwinjira mu Ibyanzu, ariko hatoranywa 10 barusha abandi kubera ko uyu musizi yabonaga umubare urenze uwo bishobora kumubera imbogamizi ntabakurikirane uko abyifuza.

Nyuma yo kubamurika, biteganyijwe ko aba basizi bagiye kugenda bakora ibisigo biyereka Abanyarwanda muri rusange. Aba basizi bashya batumye acutsa abo yamuritse mu 2024.

Uretse abamuritswe muri iki gitaramo, Rumaga kandi yashyizemo agace kiswe ‘Itorero’ aho afatanyije na Kanyandekwe Jean Pierre usanzwe ari inzobere mu mateka y’u Rwanda, bagaruka ku bantu batandukanye bagiye bakora ibintu bikomeye mu mateka y’igihugu.

Muri Nzeri 2024, Rumaga afatanyije na Saranda Poetess usanzwe umufasha mu gutoza aba basizi, na bwo yari yamuritse abandi basore n’inkumi babaye imfura z’Ibyanzu.

Mu bamuritswe icyo gihe harimo uwitwa Abayisenga Marceline [Mama Buhanzi], Niyera Milliam, Muheto Gad, Ingabe Umuhoza Nadine, Uwanyirijuru Josiane, Ndagijimana David ukunze kwiyita No Stress Ntare na Essy Williams.

Rumaga ku rubyiniro, ari kumwe n'abasizi batandukanye bakorana na we
Mugisha Richard ucuranga piano, ni umwe mu basizi bakiriwe na Rumaga
Rumaga aganira na Kanyandekwe ku mateka y'u Rwanda
Muri ibi bitaramo by'Ibyanzu, Rumaga yashyizemo agace kiswe ‘Itorero’ aho afatanyije na Jean Pierre Kanyandekwe usanzwe ari inzobere mu mateka y’u Rwanda bayaganiraho bigatinda
Guhera mu 2024 Rumaga yatangije umushinga ugamije guteza imbere impano mu busizi. Kuri iyi nshuro yakoze igitaramo cya kabiri cyo kwerekana izindi mpano nshya
Nadine Nana uzwi muri sinema Nyarwanda na Mustapha Kiddo usanzwe ari 'Manager' wa Alto na Cyusa, ni bamwe mu bari bitabiriye iki gitaramo
Abasizi bashya bishimiye kwinjira mu itsinda ry'abasizi ry'Umusizi Rumaga
Rumaga ntabwo amaze igihe kinini atangiye kumenyekana ariko amaze kugaragaza umusanzu ukomeye mu busizi
Akanyamuneza kari kose ku bitabiriye igitaramo cya Rumaga
Karile Odile ni umwe mu basizi bashya bamuritswe na Rumaga
Buri musizi wanyuze ku rubyiniro yagerageje kwerekana ubuhanga bwe
Rumaga yamuritse abahanzi 10 yatoreje mu irerero rye ry’abasizi
Niyera Milliam uri mu basizi bamuritswe na Rumaga umwaka ushize, ubwo yari ku rubyiniro
Rumaga kuri ubu arajwe ishinga no guteza imbere ubusizi ndetse kuri ubu mu Ibyanzu yamaze kwakiramo abasizi barenga 15
Ndagijimana David ukunze kwiyita No Stress Ntare, uri mu banyempano Rumaga yagaragaje umwaka ushize, ni umwe mu bongeye kwigaragaza ubwo yakiraga abandi bashya
Ababishoboye bafashe amafoto muri iki gitaramo
Abasizi bakoze iyo bwabaga bashaka gukora ku mitima y'abari bitabiriye
Meya w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, ni umwe mu bari bitabiriye igitaramo cya Rumaga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages