Abagize ishyirahamwe ry’abatwara ibimoto binini mu Rwanda, Rwanda Bikers Association, baratangaza ko igitaramo baheruka gukoresha i Bujumbura mu Burundi cyagenze neza kandi ko abahanzi bose bari bagitumiyemo bishyuwe neza nk’uko byari biteganijwe.
Mu nkuru duheruka kubagezaho, Belgine, umujyanama w’umuhanzi Kanyombya, we yari yatangaje ko batari bishyuwe neza nk’uko byagombaga kugenda. Gusa ariko Kanyombya yaje kuvuguruza aya makuru, asobanura ko mu kugaruka mu Rwanda yishyuwe kandi neza.
Aganira na IGIHE, umwe mu bagize iri shyirahamwe yasobanuye ko mu kugera mu Burundi babanje kwishyurira abahanzi amahoteli barayemo (150$ ku ijoro rimwe) nyuma bakanishyura abahanzi bane bari batumiye ari bo; Steven Sogo na Happy Famba bo mu Burundi, Jay Polly na Kanyombya bo mu Rwanda.
Kanyombya yabwiye IGIHE ko yishyuwe amafaranga yose yari yumvikanye na Rwanda Bikers Association, bitandukanye n’uko Belgine, umujyanama we, yari yabitangarije IGIHE.
Rwanda Bikers Association bavuga kandi ko banyomoza amakuru Belgine yatangaje yiyitirira igitaramo.
Rwanda Bikers Association basanzwe bakora ibikorwa bitandukanye birimo gusura no gufasha abacitse ku icumu n’ibindi.
Dore amwe mu mafoto:



















TANGA IGITEKEREZO