Amakuru IGIHE ifite ni uko aba bahanzi bamaze igihe mu biganiro n’abategura ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ ndetse mu minsi iri imbere abataba mu Rwanda batangira kuhagera ngo batangire imyiteguro.
Urban Boys ni bamwe mu bahanzi banini bategerejwe gutungurana mu bitaramo binyuranye bya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ aho buri gitaramo kizagenda cyongerwamo umwe mu bafite amazina akomeye.
Muri aba bahanzi bakuru batoranyijwe harimo itsinda rya Urban Boys ryamaze kwemera kuririmba muri ibi bitaramo ari batatu nkuko bahoze mbere y’uko batandukana mu 2017.
Icyakora nubwo Safi Madiba, Nizzo Kaboss na Humble Jizzo bategerejwe muri ibi bitaramo hari ibiganiro batararangizanya n’abategura ibi birori kuko nk’Umujyi bazataramiramo utaramenyekana.
Urban Boys batandukanye mu 2017 kuva icyo gihe Safi Madiba atangira urugendo rwa wenyine mu muziki, Nizzo na Humble Jizzo bagerageza gusunika urugendo rwa babiri ariko narwo rukajya rugenda biguruntege.
Ku rundi ruhande abari hafi y’iri tsinda bahamya ko nubwo aba bahanzi bagiye kongera guhurira mu gitaramo, imikorere n’imikoranire yabo mishya yo bazayifataho imyanzuro nyuma y’aka kazi bahawe. Aha bakaba ariho bazakura imyanzuro y’ibindi bikorwa bashobora guhuriramo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!