00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Anita Pendo na Sandrine Isheja basezerewe, imbwa yitambika Kalimpinya: Ibyaranze Huye Rally 2024 (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 16 June 2024 saa 07:59
Yasuwe :

Umunsi wa kabiri wa ‘Huye Rally 2024’ wabaye udasanzwe kuri benshi mu bahataniraga kwegukana iri rushanwa ry’abahanga mu gutwara imodoka.

Uretse kuba uyu wa Gatandatu wari umunsi ugoye, ni irushanwa ryaranzwe n’udushya dutandukanye ku ikubitiro hakabanza kuba imodoka zigera ku icyenda zose zasezerewe kubera ibibazo binyuranye, mu gihe Kalimpinya we habuze gato ngo agonge imbwa yari yamwitambitse.

Uretse gusezererwa kwa benshi mu bahataniraga kwegukana Huye Rally 2024, abitabiriye iri siganwa baryohewe n’imyiyereko ya moto yabanje guca ibintu imbere ya stade y’Akarere ka Huye mbere y’uko isiganwa ritangira.

Kugeza ubu imodoka icyenda zirimo iyari irimo Anita Pendo na Sandrine Isheja zamaze gusezera muri iri rushanwa nyuma yo kugira ibibazo bitandukanye.

Sandrine Isheja wari ufatanyije na Davite Giancarlo, bari begukanye umwanya wa mbere ku munsi wa mbere w’iri rushanwa. Babaye n’aba mbere gusezererwa nyuma y’uko imodoka yabo igize ikibazo muri moteri.

Ku rundi ruhande Anita Pendo na we wari ufatanyije na Adolphe Nshimiyimana, imodoka yabo yaje kuva mu isiganwa nyuma y’uko igize ikibazo.

Izi ziyongeraga ku zindi nyinshi zagiye zihura n’ibibazo bikarangira zikuye mu irushanwa, rikaba risigayemo imodoka enye gusa.

Ku rundi yaba Sandrine Isheja na Anita Pendo bose yari inshuro yabo ya mbere bitabiriye irushanwa nk’iri ryo gutwara imodoka.

Nubwo hataratangazwa enye zisigaye mu irushanwa, amakuru ahari ahamya ko mu zisigaye harimo iya Kalimpinya Queen ukina afatanyije na Olivier Ngabo, ndetse na Yoto Fabrice ukinana n’umuvandimwe we Fernand Rutabingwa.

Iri siganwa byitezwe ko rirangira kuri iki Cyumweru tariki 16 Kamena 2024 nyuma yo kongera guhatana mu mihanda y’i Huye.

Iri siganwa nubwo risigayemo imodoka enye zonyine, ryari ryitabiriwe n’imodoka 13 zaturutse mu bihugu birimo u Rwanda na Uganda.

Moto mu bicu batanga ibyishimo ku bakurikiye imurika ry'ubuhanga bwabo mu gutwara moto
Abahanga mu gutwara moto batanze ibyishimo i Huye
Gutwara moto gutya bisaba ubuhanga budasanzwe
Mbere y'uko isiganwa ritangira, habanje kumurikwa ubuhanga bw'abatwara moto
Ibi hari benshi bagaragaje ko bari basanzwe babibona muri filime gusa
Berekanye ubuhanga mu gutwara moto aho badatinya no kuyitwarira mu kirere
Imurika ry'izi moto riri mu bikunze gushimisha abatari bake
Batanze ibyishimo mu bakunzi ba moto
Aba basore bafite ubuhanga budasanzwe
I Huye habereye ibirori byo kumurika ubuhanga kuri moto, bikundwa n'abatari bake mbere gato y'uko isiganwa ritangira
Aba bagabo batwaye moto ivumbi riratumuka
Imyiyereko ya moto ikundwa byihariye n'abakunzi b'umukino wo gusiganwa mu modoka
Sandrine Isheja mbere yo gutangira isiganwa
Sandrine Isheja yabanje kuganira n'uwo bari bagiye gufatanya irushanwa
Ubwo Kalimpinya yari ahingutse aho bahagurukira
Anitha Pendo mbere yo kwinjira mu modoka ku munsi wa kabiri w'irushanwa
Uyu mupolisi yafashije umukecuru, amwereka aho ahagarara akareba imodoka
Imodoka ni umwe mu mikino ihuruza abanyamujyi benshi
Abantu b'ingeri zitandukanye bari bitabiriye
Buri wese afatira akaruhuko aho ashoboye ni uku bakurikiranye irushanwa
Ubwo Andy Bumuntu yari ahingutse ahari hari kubera irushanwa
Abakunzi b'umukino wo gusiganwa mu modoka bari babukereye
Izuba ntiryabujije abakunzi b'umukino wo gusiganwa mu modoka kwihera ijisho
Imodoka ziba zisiganwa mu muhanda w'ibitaka
Imodoka 13 zahatanaga icyenda ntizabashije gukomeza kubera ibibazo bitandukanye
Imodoka yarimo Sandrine Isheja iri mu zagize ibibazo bituma ava mu isiganwa
Anita Pendo yari muri iyi modoka itamubaniye kuko yagize ibibazo iva mu isiganwa
Ubwo imodoka yarimo Anita Pendo yakataga ikorosi mbere y'uko igira ibibazo
Kibilizi abantu bari benshi bihera ijisho irushanwa ryo gusiganwa mu modoka
Imbwa yitambitse Kalimpinya Queen
Habuze gato ngo iyi mbwa ivangire Kalimpinya
Iyi ni imwe mu mafoto yaranze umunsi wa kabiri w'isigarwa ry'imodoka 'Huye Rally 2024'
Benshi bashakaga gusigarana agafoto k'imodoka ya Kalimpinya Queen
Wari umwanya mwiza wo gutembera banaryoherwa n'isiganwa ry'imodoka
Ntaho kwikinga izuba, agatebe ugatera hafi ukihera ijisho ibirori byo gusiganwa mu modoka
Rufonsina ni umwe mu bitabiriye iri siganwa
Iri siganwa ryanyuze mu mihanda itandukanye ya Huye na Gisagara
Nyinawumuntu Rwiririza Delice witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda, aha yari kumwe n'umunyamakuru Jado Max
Abaturage mu mirima bitegereza isiganwa ry'imodoka
Nzaramba Joseph, Umuyobozi wa Urutozi Gakondo ari kumwe n'umunyamakuru Jado Max
Isiganwa rya 'Huye Rally2024' ryari uruhurirane rw'ibirori

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages