Hashize icyumweru kimwe umuhanzi Diamond Platnumz atangaje ko ateganya gukora ubukwe n’umukunzi we mushya wo muri Kenya, Tanasha. Buzaba ku munsi w’abakundana mu 2019, usanzwe wizihizwa ku wa 14 Gashyantare buri mwaka.
Ni ubukwe uyu mugabo avuga ko yamaze kwitegura neza ku buryo buzaba guhera ku wa Kane kugeza ku Cyumweru.
Ubusanzwe Diamond na Se ntibahuza biturutse ku kuba yaramutanye na nyina kera.
Aganira na Showbiz Extra, Abdul Djuma yavuze ko iby’ubukwe bw’umuhungu we abyumva mu bantu batandukanye ariko we ntacyo aramubwira. Yamusabye ko yazamutumira, akamuha icyubahiro nka se.
Ati “Ntacyo arambwira, iby’ubukwe ndi kubyumva abantu babivuga. Icy’ingenzi ndasaba Imana izabubemo bugende neza. Nzishima cyane mbonye umwana wanjye arongoye ariko ndamusaba ko yazantumira, natantumira nzabona ko ansuzuguye cyane kandi byambabaza.”
Diamond Platnumz yarezwe na nyina gusa, ni nawe kugeza ubu aha ubufasha bwose bushoboka.
Mu 2016 nabwo se yigeze gutangaza ko yababajwe no kuba ataratumiwe mu birori by’imfura ya Diamond, Tiffah Dangote agashinja uwahoze ari umugore we kumwangisha abana be.



















TANGA IGITEKEREZO