Wale abinyujije kuri Instagram, yatambukije amashusho yifashe asaba ko, ikipe y’igihugu cye isanzwe yitirirwa ‘Inyenyeri z’umukara’ ihindurirwa aka kabyiniriro ikitwa ‘Ubutaka bw’umukara’.
Uyu mugabo wavuganaga uburakari bwinshi, yitotombaga avuga ko ibigwi by’iyi kipe bitayemerera gutsindwa n’ikipe y’igihugu ya Cape Verde mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu mupira w’amaguru.
Uyu muhanzi w’imyaka 39 yagize ati “Ni gute inyenyeri yaba umukara? Ikipe nimuyite ubutaka bw’umukara byibuze bwagira icyo bubyara kuko nibwo bwa mbere.”
Shatta uzwi mu ndirimbo zirimo ‘Already’ ya Beyoncé ni umwe mu bihumbi by’abanye-Ghana byasutse umujinya ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’aho tariki 14 Mutarama 2024 ikipe y’iki gihugu itsindwe n’iya Cape Verde ibitego 2-1 mu mukino wafunguye igikombe cy’Afurika, kiri gukinirwa muri Côte d’Ivoire.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!