00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Skol igeze kure imyiteguro y’igitaramo cya Davido na Kitoko i Kigali

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 26 October 2025 saa 08:17
Yasuwe :

Uruganda rwa SKOL Brewery Ltd rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, rwateye inkunga igitaramo Davido afite i Kigali, rukomeje imyiteguro yacyo aho ruri kugenda rusabana n’abakunzi b’iki kinyobwa ari nako rubashishikariza gukomeza kwibuka ko bagomba kuzishimana n’uyu muhanzi utegerejwe mu Rwanda vuba.

Skol iri gukora iki gikorwa ibinyujije muri birori yise “Keep It Ahanad”, aho iri izenguruka mu tubari dutandukanye mu mujyi wa Kigali. Kuri iyi nshuro babikoreye muri Paddock Lounge mu Karere ka Kicukiro.

Ni igikorwa cyari cyitabiriwe ku rwego rwo hejuru cyane ko inzoga za Skol zari zagabanyirijwe ibiciro. Igikorwa nk’iki cyaherukaga kuba ku wa 17 Ukwakira 2025 mu kabyiniro ka ‘La Noche’. No muri Sky Sports Lounge ku wa Gatandatu tariki 25 Ukwakira 2025.

Davido azakorera igitaramo mu Rwanda ku wa 5 Ukuboza 2025. Ni igitaramo kizabera muri BK Arena, azahuriramo na Kitoko Bibarwa uzaba utashye mu Rwanda burundu nyuma y’imyaka 12 aba mu Bwongereza.

Davido azaba ari mu rugendo rwo kumenyekanisha album ye ‘5Ive’. Igitaramo cye i Kigali cyateguwe na Intore Entertainment ifatanyije na SKOL Brewery Ltd.

Album nshya ya Davido igizwe n’indirimbo 17, yasohotse ku wa 18 Mata 2025. Iriho indirimbo yakoranye n’abahanzi nka Chris Brown, Omah Lay, Shenseea, Musa Keys, Tay C, Dadju n’abandi. Byitezwe ko azaza mu Rwanda azanye n’umwe mu bahanzi bakoranye kuri iyi album.

Iyi album y’iminota 49:09, Davido yayikozeho mu gihe cy’imyaka hafi itatu dore ko yayitangiye mu 2023 nyuma yo gusohora iyitwa ‘Timeless’.

Davido aheruka gukorera igitaramo i Kigali mu 2023 mu Iserukiramuco rya Giants of Africa Festival ryabereye muri BK Arena guhera tariki 13 - 19 Kanama 2023.

Iki gitaramo Davido afite mu Rwanda abantu bakomeje kugaragaza ko bishimiye kuzacyitabira
Shyaka Noella uzwi kuri X nka 'Agapeti Gakonje' ni umwe mu bitabiriye
Muri Paddock hari huzuye, abantu bumva indirimbo za Davido na Kitoko bagiye gutaramira mu Rwanda
DJ Inno ni umwe mu basusurukije abari bitabiriye iki gikorwa
DJ Rusam yacurangiye abari muri ibi birori
Abantu banyweye ikinyobwa cya Skol barasabana karahava
Ababyinnyi batandukanye bari mu biyambajwe

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages