00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Taylor Swift yakomanyirijwe ku rubuga rwa X

Yanditswe na Peacemaker Pundit
Kuya 28 January 2024 saa 05:25
Yasuwe :

Urubuga nkoranyambaga rwa X (rwahoze ari Twitter) rwakomanyirije umuhanzikazi, Taylor Swift ku buryo iyo wanditse izina rye mu ishakiro nta kintu na kimwe cyiza.

Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’iminsi mike kuri X hatangiye gucaracara amashusho y’uyu muhanzikazi arimo n’ayo yambaye ubusa.

Nyuma y’amasaha make ubuyobozi bwa X bwatangaje ko bugiye gukuraho aya mashusho yose yakozwe hifashishijwe ubwenge bw’ubukorano, ndetse konti yayashyizeho igafatirwa ibihano.

Aya mashusho yasibwe hashize amasaha 17 asakaye ahantu hose ku buryo yarebwe na miliyoni 45 mbere y’uko isibwa na X. Ikipe y’abahanga mu by’ikoranabuhanga yayakoze yabiteyemo urwenya mu biganiro byo mu matsinda yo kuri Telegram, bibazaga ukuntu bakoze ifoto bakayisangiza abakurikira Taylor Swift none igikuba kikaba cyacitse.

Ntabwo Taylor Swift yigeze agira icyo avuga kuri iki kibazo cyo kumwinjirira bagasakaza ifoto imeze nka we atambaye.

Urubuga nkoranyambaga rwa X rwakomanyirije Taylor Swift ku buryo iyo wanditse izina rye mu ishakiro nta kintu na kimwe cyiza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages