00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Taylor Swift yishyuye miliyoni 360$ ngo yisubize uburenganzira ku ndirimbo ze

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 1 June 2025 saa 03:32
Yasuwe :

Umuhanzikazi w’icyamamare Taylor Swift wari umaze igihe ashaka kwisubiza uburenganzira ku ndirimbo ze yakoze mu myaka ya kera, yashyize arabwisubiza nyuma yo kwishyura miliyoni 360$.

Ikinyamakuru Billboard cyatangaje ko sosiyete y’ishoramari ya Shamrock Capital, ari yo yamugurishije izo ndirimbo kuri miliyoni 360$. Aya mafaranga ni hafi y’ayo iyi sosiyete yari yaziguzeho mu 2020.

Mu 2019, Scooter Braun wahoze ari umujyanama wa Taylor Swift ni we wabanje kugura uburenganzira ku ndirimbo ze, ubwo yari amaze kuba Umuyobozi Mukuru w’inzu y’umuziki ya Big Machine Records, ari na yo Taylor Swift yari asanzwe akoreramo.

Icyo gihe yaguze uburenganzira ku ndirimbo za Taylor Swift ziri kuri album ze esheshatu. Izo zirimo ‘Taylor Swift, ‘Fearless,’ ‘Speak Now,’ ‘Red,’ ‘1989’ hamwe na ‘Reputation’.

Uyu Braun ni we wahise agurisha uburenganzira ku ndirimbo za Taylor Swift, abugurisha na sosiyete ya Shamrock Capital. Ibi ni byo byatumye Taylor Swift na Braun bahita bareka gukorana, ndetse uyu muhanzikazi avuga ko yababajwe no kubona ibihangano bye yavunikiye bigurishwa.

Mu itangazo Taylor Swift yashyize ku rubuga rwe, yavuze ko yageze ku ntego yari yarihaye nubwo inshuro nyinshi yabigeragezaga byangaga.

Ati “Narabyifuje kandi mbigarageza imyaka 20 yose, ariko ubu noneho byabaye impamo. Indirimbo zanjye zose ziri mu maboko yanjye.”

Uyu muhanzikazi yishyuye miliyoni 360$, agura uburenganzira ku ndirimbo ze, nyuma y’igihe gito amaze kuzuza umutungo wa miliyari 1$.

Taylor Swift yishyuye miliyoni 360$ kugira ngo agire uburenganzira ku ndirimbo ze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages