Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Teta Sandra yavuze ko yashingiye ku kuba imyaka igenda ishira ahindura imitekerereze, bityo akaba yarahisemo ko ibi birori bizajya bihuza abantu basangira aho kuba ibirori byo mu tubari.
Ati "Uko imyaka igenda yiyongera, umuntu agenda ahindura imyumvire. Kuri iyi nshuro nabikuye mu tubari, ahubwo ndashaka ko bihuza abantu bagiye gusangira."
Ibi birori yise ’The Red Reign Brunch’ biteganyijwe kubera muri Latitude 0 Degrees i Kampala ku wa 30 Kanama 2026.
Teta Sandra yongeye kubitegura nyuma y’imyaka umunani yari ishize atabikora, kuko aheruka kubitegura mu 2018 ubwo byabereye mu Mujyi wa Kigali.
Icyo gihe ’Teta All Red Party’ yari mu birori byitabirwaga n’abatari bake, by’umwihariko ibyamamare bitandukanye byo mu myidagaduro.
Nyuma y’ibyo birori byo mu 2018, Teta Sandra yimukiye muri Uganda, aho yakomereje ibikorwa bye ndetse anatahangirira urugendo rw’urukundo na Weasel, basanzwe bafitanye abana babiri.
Uretse kuba Weasel ari umugabo we, Teta Sandra kuri ubu anamufasha nk’umujyanama mu bya muzika.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!