Ibi bitaramo biteganyijwe kubera ku kibuga cya Cricket i Gahanga bizatangira ku wa 18 Nyakanga 2026 ahazatarama abahanga mu kuvanga imiziki nka
Kabza De Small wo muri Afurika y’Epfo uzaba ari umushyitsi mukuru n’abandi barimo Sheilah Gashumba, Selector Jay, Fem DJ, DJ Marnaud, DJ Inno, na Joxy Parker.
Uretse umuziki, ku wa 19 Nyakanga 2026 hategerejwe igitaramo cyahujwe no kwerekana umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi iki kikaba aricyo cyongewemo The Ben, Elijah Kitaka na Mike Kayihura.
DJ Spinny yabwiye IGIHE ko mu rwego rwo kwishimana n’abakunzi b’umuziki banareba umukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi, abazagura amatike y’umunsi wa mbere bazabasha kwinjira ku munsi wa kabiri nta kindi kiguzi baciwe.
Ati "Hari abaguze amatike bashaka aho kuzarebera igikombe cy’Isi, abazaba bafite ay’umunsi wa mbere bazajya baba bemerewe kureba umunsi wa kabiri nta kindi kiguzi. Icyakora uzaba ataguze itike y’umunsi wa mbere we bizamusaba kwishyura kugira ngo arebe umunsi wa kabiri."
Ni ku nshuro ya kabiri DJ Spinny azaba ateguye iki gitaramo kuko icya mbere yagikoze mu 2025 ubwo yizihizaga imyaka icumi amaze mu muziki, icyo gihe akaba yaragikoreye muri Uganda ndetse no mu Rwanda.
Ubushize ubwo yataramiraga i Kigali yari yatumiye abantu batandukanye barimo Blue Aiva wo muri Afurika y’Epfo, Sheilah Gashumba wo muri Uganda n’abandi banyuranye.
Nubwo imvura isa n’iyabavangiye ariko cyari igitaramo ubona ko giteguye neza ndetse ubwitabire buri hejuru muri Zaria Court aho cyabereye.
DJ Spinny amaze kubaka izina mu bijyanye no kuvanga imiziki muri Uganda, akaba na nyir’akabyiniro kitwa Mezo Noir kari mu tugezweho mu Mujyi wa Kampala.
Yavukiye i Kigali, akaba yaratangiye kwiyumvamo impano yo kuvanga imiziki mu 2010 akiri mu mashuri yisumbuye muri Lycée de Kigali (LDK).



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!