00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

The Major wo muri ‘Symphony Band’ ari mu gahinda ko gupfusha se

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 31 January 2025 saa 12:45
Yasuwe :

Mugengakamere Joachim ‘The Major’ wamamaye nk’umucuranzi wa ‘Guitar Solo’ muri Symphony Band ndetse n’umuhanga mu gutunganya indirimbo z’abandi bahanzi, ari mu gahinda nyuma yo kubura se umubyara, witabye Imana afite imyaka 76.

Uyu musore mu kiganiro yagiranye na IGIHE yahamije ko umubyeyi we yitabye Imana mu ijoro ryo ku wa 30 Mutarama 2025, aguye mu bitaro bya CHUK aho yari amaze iminsi arwariye.

Ni umubyeyi usize abana barindwi na nyina ubabyara. The Major ni umwana wa kane mu bo bavukana.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, The Major yunamiye umubyeyi we agira ati “Ntabwo nabona amagambo ahagije yo kubisobanura, gusa uzahora uriho iteka binyuze muri njye muhungu wawe dawe, komeza kuruhukira mu mahoro mubyeyi.”
Uyu musore unaherutse gutangaza ko yatangiye gukora umuziki ku giti cye, asanzwe abarizwa muri Symphony Band irimo Irakora Fabrice uvuza ingoma, Niyontezeho Etienne ucuranga piano, Mugisha Frank ucuranga ‘guitar bass’ na Mugengakamere Joachim ucuranga ‘guitar solo’.

The Major wo muri ‘Symphony Band’ ari mu gahinda ko gupfusha se

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages