Tom Close abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yavuze ko nk’abahanzi b’Abanyarwanda bashobora kwishyira hamwe bagaca agasuzuguro ka Tems, bagategura igitaramo ku munsi n’ubundi yagombaga gutaramira i Kigali.
Ati “Abumva twaca aka gasuzuguro tukikorera igitaramo kigizwe n’abahanzi b’Abanyarwanda muri BK Arena kuri iyi tariki, mubigaragaze.”
Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Tom Close yavuze ko yatangiye imyiteguro y’iki gitaramo nubwo hari ibyo ategereje kureba niba byatungana kikaba cyatangira kwamamazwa.
Ati “Hari ibintu by’ibanze turi kureba niba byaboneka ubundi iki gitaramo tukagikora, nibaza ko mu gihe byagenda uko tubyifuza nta kabuza twahita dutangira kwamamaza ubundi tugaca agasuzuguro nka kariya.”
Tom Close yemeza ko nubwo yatangiye imyiteguro ariko hari iby’ingenzi ategereje kureba niba babihabwa kugira ngo batangire kwamamaza iki gitaramo.
Nubwo ateruye ngo avuge ibyo bari gusaba n’abo bari kubisaba, IGIHE ifite amakuru ko batangiye gukomanga kuri BK Arena ngo babe bayihabwa babone gukomeza gushaka abafatanyabikorwa ku buryo iki gitaramo cyabaho.
Iki gitaramo ariko kandi cyakiriwe neza n’umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine, wagize ati “Iki gitekerezo ni inyamibwa ntabwo dukeneye Tems ngo dukore igitaramo cyiza. Dufite aho cyabera n’abakunzi b’umuziki.”
Uretse aba, n’abandi benshi bagiye bagaragaza ko mu gihe byaba biteguwe bacyitabira mu rwego rwo kwamagana icyo bise agasuzuguro ka Tems.
Tems wari watumiwe i Kigali ku wa 22 Werurwe 2025, yavuze ko atagikoze iki gitaramo kubera amakimbirane y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nubwo ibi benshi babifashe nk’urwitwazo.
Hari n’abajya kure bakagaragaza ko uyu mukobwa yaba yatinye kubura abantu mu gitaramo cye cyane ko amatike yari amaze kugurisha mu gihe kirenga ukwezi yari amaze yamamaza iki gitaramo arenga gato 270, mu gihe BK Arena ijyamo abarenga ibihumbi 10.
Abumva twaca aka gasuzuguro tukikorera igitaramo kigizwe n'abahanzi b'abanyarwanda muri @bkarenarw, kuri iyi tarike, mubigaragaze muri comments, Retweets na Likes. Twagiye. pic.twitter.com/316RpyYyLz
— Tom Close 🇷🇼 (@tomcloseOG) January 31, 2025
Iki gitekerezo ni inyamibwa @tomcloseOG. We don’t need @temsbaby to have a great concert. We have the venue, and we are the audience. We are the ones benefiting her, not the other way around. https://t.co/8sluRmkIwz
— Emma Claudine (@EmmaClaudine) January 31, 2025



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!