00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imbamutima za Anita Pendo nyuma yo gusiganwa mu modoka ku nshuro ya mbere (Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 17 June 2024 saa 01:23
Yasuwe :

Anita Pendo witabiriye bwa mbere isiganwa ry’imodoka ahereye muri ‘Huye Rally 2024,’ yahishuye ko yaryitabiriye yaraciwe intege n’abantu benshi, ariko agahitamo gukomeza icyo yiyemeje, ndetse anavuga ko uyu mukino wamushimishije cyane nubwo atabashije gusoza isiganwa.

Ibi Anita Pendo yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE.

Yagize ati “Nayijemo bambwira amagambo menshi […] cyari icyemezo gikomeye nafashe kuko abantu bari bafite ubwoba bwinshi kurusha ubwo nari mfite, ariko nabonye ari byiza rwose. Niba hari ikintu nzakumbura ni Rally.”

Anita Pendo yavuze ko ikibazo cy’imodoka ye ari cyo cyatumye atabasha gusoza iri rushanwa.

Ati “Imodoka yagize ikibazo […] ni ibintu byambabaje kuko iyo utangiye irushanwa nturisoze ugomba kubabara, ariko ntabwo byanciye intege kuko ikintu cyose cyiswe irushanwa uba uteganya gutsinda cyangwa gutsindwa none natsinzwe.”

Uretse imodoka, Anita Pendo n’uwo bari bafatanyije bari baraye bakoze impanuka bagonga umuntu, icyakora ku bw’amahirwe ntiyapfa, nubwo yagize ibikomere.

Ati “Iyo mbyibutse mbona ari nka filimi, Daddy wari utwaye ni umuhanga koko, yarwanye nayo ndabibona nanjye. Njye mbona ari nka filimi."

Anita Pendo yaboneyeho umwaya wo gusaba abakobwa bafite impano yo gutwara imodoka ko bakwiye gutinyuka bakitabira uyu mukino kuko ari mwiza.

Imodoka ya Anita Pendo mu isiganwa rya Huye Rally 2024
Imodoka ya Anita Pendo ntabwo yabashije kurangiza isiganwa rya 'Huye Rally 2024'
Anita Pendo yababajwe no kutarangiza isiganwa rya Huye Rally 2024 icyakora ahamya ko atacitse intege

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages