00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tyrese Gibson utegerejwe muri Uganda, yateguje ibitaramo bitandatu muri Afurika

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 10 August 2026 saa 10:41
Yasuwe :

Umuhanzi akaba n’umukinnyi wa filime w’Umunyamerika, Tyrese Gibson, yemeje ko agiye kongera gukorera ibitaramo muri Afurika, aho biteganyijwe ko azahurira n’abakunzi be muri Uganda.

Tyrese wamamaye binyuze mu ndirimbo za R&B ndetse no muri filime nka Fast & Furious, yifuza gukora ibitaramo bitandatu birimo icyitwa ‘Coffee Concert’ kizabera i Ntungamo muri Uganda ku wa 3 Ukwakira 2026.

Iki gitaramo kizabera muri ‘Africa Coffee Park’, kikazaba ari icyo gusoza ibikorwa bya ‘Coffee Marathon Uganda’. Tyrese si mushya muri Uganda kuko yaherukaga kuhagera mu 2012.

Uyu muhanzi umaze imyaka irenga 20 mu muziki yagize ati “Afurika, reka dukore urwibutso rushya. Ngiye kuhagenderera mu byumweru bike biri imbere, kandi mu gihe nzaba mpari ndashaka gukora ibitaramo bitandatu.”

Yakomeje avuga ko icyifuzo cye atari ugukora ibitaramo gusa, ahubwo ko ashaka no kumarana igihe n’abaturage, akamenya byinshi ku muco wa Afurika ndetse akagaragaza ko yumva afitanye isano ikomeye n’uyu mugabane.

Uyu muhanzi kandi yasabye abategura ibitaramo muri Afurika bafite ubushobozi bwo kumwakira ko bamwandikira, bakaganira ku buryo bashobora gukorana.

Tyrese Gibson azwi cyane ku ruhare rwe nka ‘Roman Pearce’ muri filime za ‘Fast & Furious’. Ni umuhanzi ufite amateka akomeye mu muziki wa R&B, aho yakoze indirimbo zakunzwe nka ‘Sweet Lady’ na ‘How you gonna act like that’.

Kugeza ubu nta bihugu Tyrese Gibson aremeza ko azataramiramo mu gihe azamara muri Afurika.

Tyrese Gibson utegerejwe muri Uganda, yemeje ibindi bitaramo bitrandatu muri Afurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages