00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubukwe bw’umukobwa wa Dangote bwatashywe na Bill Gates bwavugishije benshi (Amafoto)

Yanditswe na Dusabimana Aimable
Kuya 26 March 2018 saa 03:09
Yasuwe :

Impera z’icyumweru gishize zasize hacicikana amafoto y’ubukwe budasanzwe bwa Fatima Dangote, umukobwa uvuka ku muherwe wa mbere muri Afurika, bitewe n’abanyamafaranga barimo Bill Gates n’ibyamamare babutashye.

Fatima, umukobwa muto mu ba Aliko Dangote yarushingane n’umusore witwa Jamilu Abubakar uvuka ku wahoze ari Umuyobozi Mukuru wa Polisi yo muri Nigeria, Mohammed Dikko Abubakar. Ibirori by’ubukwe bw’aba bombi byabereye mu Mujyi wa Lagos.

Uyu mukobwa wa Dangote yaherukaga gukorerwa ibindi birori bikomeye bya Bridal Shower byabaye ku wa 14 Werurwe. Byakurikiwe n’umuhango wa Fatiha ukorwa n’abo mu idini ya Islam igihe umugeni agiye kurongorwa.

Amafoto y’ibirori byo kwiyakira n’ubukwe bw’umukobwa wa Dangote yagaragayemo ibikomerezwa mu butunzi ku Isi n’abayobozi bakomeye. Muri bo harimo umuherwe Bill Gates, Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo; Visi Perezida wa Nigeria, Yemi Osinbajo n’umugore wa Perezida wa Nigeria, Madamu Aisha Buhari, umukobwa we Zahra Buhari n’abandi batandukanye.

Amafoto y’ibirori by’ubukwe bwa Fatima na Jamilu yacicikanye cyane ku mbuga nkoranyambaga zirimo Twitter aho abenshi muri Nigeria bagiye bavuga ko ameza yahuriweho na Bill Gates, Aliko Dangote n’abandi babwitabiriye adatigiswa nk’andi.

Usibye abaherwe n’abayobozi bakomeye batashye ubukwe bw’umukobwa uvuka ku muherwe Aliko Dangote, ibi birori byanagaragayemo Wizkid na Davido bamaze kuba ibyamamare mu bakorera umuziki muri Nigeria ndetse n’abakinnyi ba filime bakomeye muri Afurika barimo Genevieve Nnaji na Omotola Jalade-Ekeinde.

Imihango yose y’ubukwe yabaye mu byiciro bitandatu mu birori byabereye i Abuja, Kano na Lagos.

Bill Gates ni umwe mu bitabiriye kwiyakira muri ubu bukwe, aha yegeranye na Aliko Dangote uri ibumoso ku ifoto
Bill Gates yitabiriye ubukwe bw'umukobwa wa Dangote
Visi Perezida wa Nigeria, Yemi Osinbajo, (wambaye umukara) yari yitabiriye ubu bukwe
Fatima Dangote ni we mukobwa muto mu bana ba Aliko Dangote
Fatima Dangote n'umusore bagiye kubana
Fatima Dangote, umukobwa uvuka ku muherwe wa mbere muri Afurika n'umuherwe wamwegukanye
Ibirori by'aba bombi byitabiriwe n'ibikomerezwa byinshi
Imihango yose y'ubukwe yabaye mu byiciro bitandatu
Umusore warongoye Fatima Dangote n'abamwambariye

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages