Ubu bukwe bwitabiriwe na bamwe mu byamamare muri sinema y’u Rwanda barimo Niyitegeka Gratien umaze kwamamara nka Seburikoko, Kanyombya, Mujawamariya Hyacinthe uzwi cyane nka Mukarujanga, Nick uzwi muri City Maid, Uwamahoro Antoinette umaze kumenyekana nka Siperansiya, Gasasira, Samusure, Barafinda winjiye mu bijyanye no gukina filime n’abandi.
Nzanywayimana Arsene na Murekatete Leoncie bakoze ibirori by’ubukwe bagashyigikirwa n’ibyamamare bitandukanye, mu buryo bw’amategeko basezeraniye i Nyarugenge, guhamya isezerano imbere y’Imana byabereye muri St. Michelle, bifotoreza kuri Serena Hotel barangije bajya kwiyakirira muri Mattina byegeranye.
Nzanywa yabwiye IGIHE ko icyatumye ashyigikirwa n’ibyamamare muri sinema nyarwanda ari ubufatanye basanzwe bagirana mu mishinga itandukanye bahuriramo, ashima abamushyigikiye ku munsi w’inzozi ze.
Ati “Impamvu yatumye duhuza urugwiro na biriya byamamare cyane cyane ni uko ndi umwe mu bakora filime nyarwanda, nkaba mu cyiciro cyo kuzamura impano no kubateza imbere. Ubukwe bwari bwiza kandi ari umwanya wo gusabana na bo, twese turishima.”
Undi mwihariko waranze ubu bukwe ni umutambagiro udasanzwe aho imodoka z’abageni zazengurutse ibice nyaburanga by’Umujyi wa Kigali zigaragiwe n’abasore bafite ubuhanga bwo kugendera ku nkweto z’amapine barangariwe na benshi.
Nzanywa wakoze ubukwe buhuruza benshi ndetse bukitabirwa n’ibyamamare ni umwe mu bakomeye bayobora imishinga ya filime akanazikinamo mu Rwanda. Yakoze izirimo ‘Mukadata,’ ‘Umwana w’undi,’ ‘Inkomoko y’ishyano,’ ‘Urugo rw’umwijima,’ ‘Barafindafinda’ n’izindi zitandukanye.



















TANGA IGITEKEREZO