00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubuziranenge bw’inzoga, imyitwarire n’imyambarire bigiye gutungwaho itoroshi mu bitaramo byo mu Rwanda

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 31 July 2026 saa 03:57
Yasuwe :

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, ku bufatanye n’inzego zitandukanye zifite aho zihuriye n’uruganda rw’imyidagaduro, yagaragaje ko igiye kongera imbaraga mu kugenzura ubuziranenge bw’inzoga zitangirwa mu bitaramo, imyitwarire n’imyambarire by’ababyitabira, mu rwego rwo kubaka imyidagaduro itekanye kandi yubahiriza indangagaciro z’u Rwanda.

Ibi byagarutsweho mu nama yabaye ku wa 30 Nyakanga 2026, yari igamije kurebera hamwe uburyo bwo kubaka uruganda rw’imyidagaduro rutekanye, rushingiye ku ndangagaciro kandi ruhiganwa ku rwego mpuzamahanga.

Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, ibiganiro byibanze ku kwimakaza ubunyamwuga, gushyiraho ibipimo ngenderwaho by’ibitaramo n’ibindi bikorwa by’imyidagaduro, kurinda umutekano w’ababyitabira no gukomeza ubufatanye mu guteza imbere uru ruganda.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Sandrine Umutoni, yashimangiye ko nubwo uruganda rw’imyidagaduro rukomeje kwaguka, rugomba gukomeza kubahiriza amategeko n’indangagaciro z’u Rwanda.

Yasabye abafatanyabikorwa gushyira hamwe mu gushyiraho ibipimo ngenderwaho bizatuma imyidagaduro iba ifite ireme, itekanye kandi ijyanye n’icyerekezo igihugu cyihaye.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yasabye abategura ibitaramo kurushaho gufatanya n’inzego zitandukanye mu kwigisha urubyiruko umuco wo kwidagadura mu buryo buboneye no kugira imyitwarire ishingiye ku nshingano.

Yanashimangiye ko hakwiye gukazwa ubugenzuzi ku buziranenge bw’inzoga zitangirwa mu bitaramo, mu rwego rwo kurinda ubuzima n’umutekano by’ababyitabira.

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yavuze ko abakora mu ruganda rw’imyidagaduro bafite uruhare rukomeye mu kubaka imyitwarire y’abaturage, cyane cyane urubyiruko.

Yabasabye kurushaho kwita ku myambarire, imyitwarire n’ubunyamwuga, kugira ngo u Rwanda rukomeze kumenyekana nk’Igihugu gifite imyidagaduro irangwa n’ubusirimu, umutekano n’ubuziranenge.

Imyitwarire n’imyambarire by’ababyitabira ibitaramo mu Rwanda bigiye gutangira kugenzurwa byihariye
U Rwanda rwagaragaje ko hakwiye gukazwa ubugenzuzi ku buziranenge bw’inzoga zitangirwa mu bitaramo mu kwirinda ko zagira ingaruka ku bazinywa
Iyi nama nyunguranabitekerezo yateguwe na Minisiteri y'urubyiruko n'iterambere ry'ubuhanzi
Minisitiri Utumatwishima yasabye abategura ibitaramo kurushaho kwita ku myambarire, imyitwarire n’ubunyamwuga
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yashimangiye ko hakwiye gukazwa ubugenzuzi ku buziranenge bw’inzoga zitangirwa mu bitaramo
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’iterambere ry’ubuhanzi, Sandrine Umutoni yasabye abafatanyabikorwa gushyira hamwe mu kubaka ibipimo ngenderwaho by’imyidagaduro ifite ireme kandi itekanye
Nyuma y'iyi nama abayitabiriye bafatanye ifoto y'urwibutso

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages