Amakuru ya TMZ avuga ko polisi yongeye guhamagarwa ku wa 14 Gicurasi 2026 ngo ijye gutabara ubwo umugizi wa nabi yari wateye urugo rw’uyu muhanzi.
Polisi yari yahawe amakuru ko hari umuntu wagendagendaga hafi aho ashaka inzira itemewe yamugeza mu gipangu cya Chris Brown. Icyakora, yahahanganiye n’abashinjwe umutekano w’urugo rwa Chris Brown bagerageza kumukumira ariko biba iby’ubusa.
Polisi yavuze ko ukekwa yatawe muri yombi na Polisi mu ijoro ryo ku wa 13-14 Gicurasi 2026 nyuma yo kurira iki gipangu akagerageza gutwika inyubako.
Urugo rwa Chris Brown si ubwa mbere rwibasiwe kuko mu ntangiriro za Gicurasi 2026 humvikanye urufaya rw’amasasu hafi yaho. Yari ushinzwe umutekano w’urugo rwe wari urashe umugore amushinja kumugongesha imodoka ku kirenge nyuma yo kuhatonganira.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!