00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uko Ariel Wayz yigobotoye agahinda gakabije yagize nyuma yo kuva muri Symphony Band

Yanditswe na Mahoro Vainqueur
Kuya 5 March 2024 saa 08:06
Yasuwe :

Uwayezu Arielle [Ariel Wayz], umwe bahanzikazi bakunzwe na benshi muri iki gihe, yahishuye ko ubwo yari amaze gutandukana n’itsinda Symphony Band, yagize agahinda gakabije katewe n’agambo y’abantu yabwiwe.

Uyu muhanzikazi w’imyaka 24 ubwo yari mu kiganiro na Ally Soudy On Air , yashyimiye umubyeyi we, mukuru we ndetse n’ishuti zamubaye hafi zikarokora impano imurimo yari igiye kuzimira kubera amagambo y’abantu batari bishimiye ko yavuye muri Symphony Band.

Ariel Wayz avuga ko ubwo yavaga muri iri tsinda, yashakaga kubaka urugendo rwe rwa muzika ndetse ngo ubu atewe ishema n’urwego amaze kugeraho nubwo yatangiye benshi batabyumva.

Imbomizi ya mbere yahuye nayo ni amagambo yabwiwe na bamwe mu bantu batari bishimiye intagiro ze z’umuziki.

Ati “Nafashe umwanzuro wanjye njya kumva numva abantu bari kuntega iminsi, ngo ‘kariya gakobwa kavuye mu bahungu karabona kazabishobora, arumva yabaye icyamamare’. Hari indirimbo nagiyemo yitwa ‘Ndaryohewe’, bakavuga bati ubwo yabonye babikunze ahise yihenura kuri bagenzi be , arumva arenze abandi bana babaranye.”

“Icyo ni ikintu cyica umuntu mu mutwe kuruta uko wankubita urushyi , byanteye agahinda gakabije numva birandemereye. Nari mfite amafaranga kuko twarakoraga ngiye ku kindi kintu kinsaba andi menshi ntanafite, ukumva umuntu ari kuvuga ngo ariyemeye, utazi icyo yaje ashaka mu muziki.”

Ariel Wayz avuga ko umuti wamufashije kwigobotora ako gahinda gakabije ari ukwegera inshuti ze, umuryago we ababwira ibibazo bye baramwumva, baramufasha.

Ati “Buriya intambwe ya mbere ni ukuvuga. Hari abantu bahura n’ibibazo ugasanga yabigumanye ntabivuge, iyo bibaye byinshi mu muntu niho usanga umwe yaje akiyahura kuko biba byamurenze.”

Uyu muhanzikazi yahishuye ko yananditse indirimbo ishamikiye kuri aka gahinda gakabije yagize ayita “No Body Know”.

Umva “Wowe Gusa” indirimbo Ariel Wayz aherutse guhuriramo n’ababyeyi be


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages