00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Chiboo wakuranye inzozi zo kuba umusirikare yinjiye mu muziki nk’impanuka (Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 24 July 2026 saa 12:30
Yasuwe :

Chiboo uri mu bahanzi bagezweho muri iyi minsi, yavuze ko nubwo yakuranye inzozi zo kuzaba umusirikare, bitagenze uko yabyifuzaga ahubwo yisanze mu muziki mu buryo butunguranye.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Chiboo yavuze ko urugendo rwe mu muziki rwatangiye bitunguranye, anagaragaza ko umuhanzi Chris Hat ari we wamubereye intandaro yo kuwukunda.

Ati "Hari umuhanzi witwa Chris Hat twari tuziranye kuko twize ku ishuri rimwe. Umunsi umwe nagiye kumusura muri studio mushyiriye utuntu, ndicara ndeba ibyo yakoraga. Nahise nibwira nti ariko ibi nanjye nabikora."

Uyu muhanzi yavuze ko nubwo yari yarakuze afite inzozi zo kuzinjira mu gisirikare, ibyo byahindutse ubwo yatangiraga umuziki mu 2023.

Mu gihe cy’imyaka itatu amaze akora umuziki, Chiboo amaze gusohora indirimbo zirimo Kale, Okipe, Mbali, Vazi n’izindi zamufashije kumenyekana no kugenda yiyubakira izina mu muziki nyarwanda.

Aherutse kandi gushyira hanze indirimbo nshya yise "No puedo", ahishura ko amashusho yayo yatewe inkunga n’umwe mu bafana be.

Ati "Umufana wakunze cyane indirimbo yanjye yitwa Kale yarambwiye ati indirimbo izakurikiraho uzambwire, nzishyura amafaranga yo gukora amashusho yayo."

Muri iki kiganiro, Chiboo yanagarutse ku mbogamizi yahuye na zo agitangira umuziki, avuga ko urukundo yari awufitiye rwatumye atoroka iwabo akajya kwibana kuko ababyeyi be batemeranyaga n’icyemezo cye cyo kuba umuhanzi.

Chiboo wakuranye inzozi zo kuba umusirikare yahishuye uko yisanze mu muziki nk’impanuka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages