Uyu mugabo uri mu bafite izina rikomeye mu muziki w’u Rwanda, yahishuye ko ubwo yari afite imyaka 16 yiga kuvanga imiziki, DK Karim wamwigishaga yagiye gucuranga muri Rwanda Day mu Busuwisi bituma akurana inzozi zo kuzacuranga mu birori nk’ibi.
Ati “Njye ntangira kuvanga imiziki, inzozi zanjye za mbere ku myaka 16 byari ukuzacuranga muri Rwanda Day. Ejobundi nayikozemo muri Washington DC!”
Icyakora DJ Toxxyk ahamya ko nyuma yo gukabya inzozi ze, byatumye atekereza izindi yumva yifuza kuzageraho mu myaka iri imbere.
Ati “Ubu inzozi zanjye ni ugukora igitaramo cyanjye ngarukamwaka ku buryo cyajya kiba gifite abaterankunga bakomeye. Izo nizo nzozi zanjye!”
DJ Toxxyk yatangije ibitaramo bye yise ‘Toxxyk Xperience’ gitegerejwe kubera i Rubavu ku wa 29 Kamena 2024 ahitwa ‘Heza Beach Resort’.
Iki gitaramo kizitabirwa n’abarimo Ish Kevin, Chriss Eazy, Logan Joe n’aba DJs bakomeye barimo DJ Sonia,DJ Marnaud, DJ Kiss, DJ Kalex, DJ Pyfo, DJ Tyga n’abandi benshi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!