Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Tera yahishuye ko nk’abandi bana bafite impano yo kuririmba yakuze yifuza kuba umuhanzi icyakora aza kujya muri studio bwa mbere mu 2018.
Tera wari winjiye mu muziki ari mushya yaje kugongwa n’igikuta cy’abashatse kumufatirana, nyuma yo kubona ko atabivamo ahitamo kuba abiretse.
Ati “Ibyo kuririmba byo nari mbishoboye ikibazo cyabaye ubushobozi [...] nanjye nagize byinshi byangoye, ugasanga hari aba producer mugiye gukorana agashaka kukujyana mu nzira ashaka bidahuye n’ibyo ushaka, ukavuga uti reka mbe ndetse.”
Uyu mukobwa wari umaze gukangwa, yaje kwigira inama yo kujya kongera kwisuganya mu bijyanye n’ubushobozi kugira ngo noneho yongere guhura n’abashatse kumufatirana atari kubasaba ahubwo bagomba gukorana.
Ati “Niyo mpamvu nabyise ubushobozi kubera ko niba ngiye ntafite ubushobozi bwo kwishyura ngo bankorere ibyo nshaka, bituma uwagize icyo agufasha ashaka kugufatirana. Ni ibintu banyuzamo ariko bigasaba kuba umuntu ufata ibyemezo.”
Ibi byatumye Tera wari watangiye umuziki mu 2018, mu 2020 afata icyemezo cyo kuba aretse umuziki ajya kwisuganya no kongera kwiga ikibuga mbere y’uko yongera kuwusubukura mu minsi ishize ubwo yasohoraga indirimbo ‘Blessings’.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!