Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE ubwo yakomozaga ku bikorwa amazemo iminsi i Burayi aho yari yagiye gukina umukino ‘Agahugu Gato’ wa Gaël Faye mu Bufaransa.
"Agahugu Gato" (Petit Pays) ni filime mbarankuru yasohotse mu 2020, ishingiye ku gitabo cyanditswe na Gaël Faye cyitiriwe iryo zina.
Yayobowe na Éric Barbier, ikaba ivuga ubuzima bwa Gabriel, umwana ufite umubyeyi w’Umunyarwanda n’undi w’Umufaransa wabaga i Bujumbura mu Burundi mu ntangiriro za 1990.
Ubuzima bwe bwari bwuje ibyishimo kugeza igihe intambara zo mu Burundi na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda byahinduye ubuzima bw’umuryango we.
Aha yavuze ko kugendana n’abantu bateye imbere mu myumvire y’ibijyanye na sinema byatumye na we yitekerezaho areba uko yahindura uko yabikoraga ndetse yatangiye kubona ko bishobora kumubyarira umusaruro.
Digidigi yavuze ko mu gihe yari amaze gukina muri uyu mukino yitekerejeho asanga akwiye gukora ibintu biri ku rwego rw’aho ari kugana nk’umukinnyi wamaze kwisobanukirwa.
Ati "Naje kwicara nsanga nsabwa gukora ibiri ku rwego ngezeho. Byatumye ntera intambwe njya muri Mashariki Film Festival nihugura ibijyanye no kwandika filime, nyuma nakoze umushinga ngira ngo ndebe uko bigenda, mu mishinga ine yatoranyijwe icyo gihe hajemo filime yanjye igiye kuzakorwa na televiziyo yo muri Canada."
Kuva ubwo Digidigi yatangiye kubaka ikipe y’abahanga mu gukora sinema, aho ateganya ko bazanamufasha gukora ikimeze nka ‘Academy’. Ateganya kandi gukora imishinga ya filime zo kuri YouTube azajya arereramo abakinnyi bo kwiyambaza mu gihe yaba agiye gukora umushinga mugari.
Kwagura intumbero ye muri sinema, Digidigi yemeza ko ari byo bitumye asa n’uhuze cyane muri iyi minsi ariko ko azakomeza kugaragara muri Papa Sava filime afata nk’iyamumenyekanishije.
Nubwo yamamaye muri Papa Sava, Digidigi yatangiye kumenyana na Niyitegeka Gratien wayanditse ubwo bose bakinaga mu ikinamico ‘Umurage’.
Mu ikinamico ‘Umurage’ Niyitegeka Gratien yakinaga yitwa Mvumbuko mu gihe we yakinaga yitwa Cyungo.
Nyuma yo gukinana mu ikinamico Umurage aba bombi baje guhurira mu mikino yo kwamamaza bakiniraga kuri Contact FM bahubakira ubushuti bwatumye banakorana uyu munsi muri Papa Sava, imwe muri filime z’uruhererekane zikomeye mu Rwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!