00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuhanzi Alien Skin yatawe muri yombi

Yanditswe na Gilbert Ukwizagira
Kuya 27 March 2026 saa 11:03
Yasuwe :

Umuririmbyi wo muri Uganda uzwi ku izina rya Alien Skin n’ikipe ye batawe muri yombi na Polisi nyuma yo kwiyita abasirikare.

Alien Skin n’abagize itsinda rye rya “Fangone Forest" bafatiwe mu kibuga cya Wankulukuku ku wa 27 Werurwe 2026.

Bigaragara mu mashusho yasakaye kuri X, aho abari bambaye impuzankano ya gipolisi baparitse imodoka bahita bayiburiza barabatwara.

Ntacyo ubuyobozi burabitangazaho, ariko bikekwa ko byaba byatewe n’uko uyu muhanzi aherutse gushinjwa gukora ubuhanzi bwe yifashisha imyenda n’ibimenyetso bya gisirikare mu buryo bushobora kuba bunyuranyije n’amategeko.

Iri tabwa muri yombi rije nyuma y’amasaha make akoreye igitaramo mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya “Kitebi Secondary School”.

Alien Skin yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga mu minsi ishize ubwo habonekaga videwo imugaragaza yambaye kandi yikwije impuzankano ya gisirikare, agaragariza mu birori ko yurijwe mu ntera cyangwa yazamuriwe ipeti mu gisirikare. Muri ibi birori yakoraga, yagaragaje ibendera ry’ikirango cy’iri tsinda rye.

Umuhanzi Alien Skin yatawe muri yombi n’ikipe ye nyuma yo kwihindura abasirikare

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages