00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuhanzi De Gaulle yahesheje ishema u Rwanda mu iserukiramuco rya Nuits d’Afrique

Yanditswe na

Richard Irakoze

Kuya 26 July 2013 saa 11:02
Yasuwe :

Umuhanzi nyarwanda Maréchal De Gaulle Ismail Ufiteyezu yaririmbye kuri uyu wa 21 Nyakanga mu isozwa ry’iserukiramuco mpuzamahanga ry’umuziki ryaberaga i Montreal, aho yasusurukije imbaga y’abari bitabiriye ibi birori kakahava.
Uyu Maréchal De Gaulle, w’imyaka 44, wamenyekanye muri Orchestre Ingeri, usanzwe uba Montreal muri Canada, aritegura kuza mu Rwanda mu gihe cya vuba.
Iri serukiramuco ngarukamwaka, ribaye ku nshuro yaryo ya 27, risanzwe rigaragaramo abahanzi biganjemo abanyafurika (…)

Umuhanzi nyarwanda Maréchal De Gaulle Ismail Ufiteyezu yaririmbye kuri uyu wa 21 Nyakanga mu isozwa ry’iserukiramuco mpuzamahanga ry’umuziki ryaberaga i Montreal, aho yasusurukije imbaga y’abari bitabiriye ibi birori kakahava.

Uyu Maréchal De Gaulle, w’imyaka 44, wamenyekanye muri Orchestre Ingeri, usanzwe uba Montreal muri Canada, aritegura kuza mu Rwanda mu gihe cya vuba.

Iri serukiramuco ngarukamwaka, ribaye ku nshuro yaryo ya 27, risanzwe rigaragaramo abahanzi biganjemo abanyafurika n’abo muri Caraibe.

Iri serukiramuco bigaragara ko ryari ryitabiriwe n’abantu benshi ryari rimaze ibyumweru hafi bibiri riba.

Ryagaragayemo bamwe mu bahanzi b’ibyamamare ku mugabane w’Afurika barimo Angélique Kidjo.

Maréchal De Gaulle aherutse gushyira hanze Album yise ‘Shomeri’ aheruka gusohora mu 2012.

Umuhanzi nyarwanda De Gaulle mu iserukiramuco rya Nuits d'Afrique
De Gaule yaririmbiye abari bitabiriye iri serukiramuco zimwe mu ndirimbo ze z'umwimerere nyarwanda
Abantu bitabiriye iri serukiramuco bari benshi cyane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages