Ni ibyaha Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B.Thierry yabwiye IGIHE ko yabikoze mu bihe bitandukanye guhera mu Ukwakira 2022.
Ni ibyaha byose bivugwa ko uyu muhanzi yabikoreye mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kicukiro Akagali ka Ngoma, Umudugudu wa Ahitegeye.
Amakuru IGIHE yabonye ni uko dosiye y’uyu muhanzi yashyikirijwe ubushinjacyaha ku wa 6 Gashyantare 2023 ndetse ikaba yararegewe Urukiko.
Ku wa 16 Gashyantare 2023 nibwo uyu musore yitabye Urukiko aburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo hakaba hategerejwe isomwa ry’imyanzuro y’umucamanza.
Jowest ni umwe mu basore bari kuzamuka neza muri muzika nyarwanda binyuze mu ndirimbo zitandukanye yakoze nka ‘Agahapinesi’, ‘Hejuru’. ‘Saye’, ‘Pizza’, n’izindi.
Abajyanama b’uyu muhanzi IT Entertainment bavuga ko yatawe muri yombi mu gihe yitegurara gushyira hanze indirimbo yakoranye na Papa Cyangwe.
‘Agahapinesi’ imwe mu ndirimbo za Jowest
‘Hejuru’ imwe mu ndirimbo zatumye Jowest amenyekana



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!