00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuhanzikazi Bwiza agiye kwitabira irushanwa rya Miss Rwanda 2022

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 3 February 2022 saa 07:42
Yasuwe :

Umuhanzikazi Bwiza yahishuye ko agiye kwitabira irushanwa rya Miss Rwanda 2022 yari amaze imyaka ibiri agerageje kwitabira ntibimukundire.

Ibi Bwiza yabihishuriye IGIHE mu kiganiro cyihariye, akaba yavuze ko agiye kwitabira iri rushanwa nyuma y’ubusabe bw’inshuti ze nyinshi zagiye zibimusaba.

Uretse n’inshuti ze, Bwiza yahishuye ko no mu 2019 yifuje kwitabira iri rushanwa ariko ntibimukundire.

Ati “Miss Rwanda nzajyayo, hari abantu nanjye ubwanjye babimbwira, nagerageza rwose. Ubundi nari nzi ko mu 2019 nari kurijyamo ndaniyandikisha ariko sinibuka uko byagenze birangira ntagiyeyo.”

Uyu mukobwa uri mu bashya mu muziki w’u Rwanda yavuze ko kuba bitarakunze icyo gihe, asanga amahirwe kuri we kugira ngo aryitabire ari uyu mwaka.

Bwiza avuga ko kwitabira Miss Rwanda ari umuhanzi nta mbogamizi na nke byamutera, Ati “Mbaye mbamenyesheje ahubwo nimumbonayo ntimuzatungurwe. Byaba ari ikintu gishya ngiye guhura na cyo kandi ni byo nkunda, nta kibazo na kimwe rwose.”

Bwiza avuga ko Miss Rwanda ari irushanwa ritanga amahirwe ku mwana w’umukobwa, uretse kuba na we arushaho kumenyekana n’agaciro ke mu muryango nyarwanda kiyongera ndetse bitewe n’umushinga we bikagira icyo bimarira Abanyarwanda muri rusange.

Icyakora uyu mukobwa avuga ko atarabiganiraho na KIKAC Music nka sosiyete ireberera inyungu ze ariko ahamya ko ari abantu yizera ko batamubuza gukora ikintu abonamo inyungu kuko bose ari cyo baharanira.

Bwiza ni umwe mu bahanzikazi bashya mu muziki w’u Rwanda bakundirwa ijwi ryiza ndetse n’uburanga bwe.

Amaze amezi ine yinjijwe mu muziki na KIKAC Music nyuma yo gutsinda irushanwa ‘The Next Diva’ ryari rigamije gushakisha abakobwa bafite impano idasanzwe mu muziki.

Mu gihe gito Bwiza amaze gusohora EP iriho indirimbo yakoranye n’abahanzi b’ibyamamare Riderman, Mico The Best, Social Mula n’abandi.

Mu mezi ane amaze mu muziki amaze gusohora indirimbo enye zose zifite amashusho, mu gihe hari izindi eshatu yakoze ariko atarasohora amashusho yazo.

Ikiganiro n’umuhanzikazi Bwiza

Umuhanzikazi Bwiza agiye kwitabira irushanwa rya Miss Rwanda 2022
Si ubwa mbere Bwiza yifuje kwitabira irushanwa rya Miss Rwanda, no mu 2019 yariyandikishije ariko birangira atitabiriye
Bwiza yavuze ko nta mpungenge atewe no kwitabira irushanwa rya Miss Rwanda asanzwe ari umuhazikazi umaze kubaka izina
Mu mezi ane amaze mu muziki amaze gusohora indirimbo zirindwi zirimo enye zifite n'amashusho
Bwiza aherutse gukorana indirimbo na Riderman na Mico The Best

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages