Mu gitondo cyo kuri uyu wa 23 Nzeri 2022 nibwo Bwiza yahagurutse i Kigaliyerekeza i Nairobi.
Ukurikiyimfura Jean Claude ureberera inyungu z’abahanzi bo muri KIKAC Music, wanajyanye na Bwiza yabwiye IGIHE ko bateguriwe ibiganiro ku maradiyo na televiziyo zitandukanye mu rwego rwo kumenyekanisha umuziki w’uyu muhanzikazi.
Ati “Hari sosiyete twakoranye yo muri Kenya, yadufashije gutegura uru rugendo tugiye muri gahunda zo kumenyekanisha ibihangano bya Bwiza. Byibuza ubu hari radiyo na televiziyo zigera kuri 15 duteganya gukoraho ibiganiro.”
Uyu musore yavuze ko uku kujya muri Kenya kumenyekanisha umuziki we, biri mu byo bo basanga bizabafasha kumenyekanisha umuhanzi bafasha ndetse n’ibikorwa bye hanze y’u Rwanda by’umwihariko mu gihugu cya Kenya.
Ikindi bagarutseho ni uko bifuzaga guhura n’abandi bantu bashya mu ruganda rw’imyidagaduro by’umwihariko hanze y’u Rwanda.
Kuri gahunda y’ibitangazamakuru Bwiza agiye gukoraho ibiganiro muri Kenya aho agiye kumara iminsi itatu, harimo bimwe mu bifite izina rikomeye nka Boomplay, Trace, Citizen TV, Kiss TV, NTV, KBC n’izindi zinyuranye.
Uyu muhanzikazi yerekeje muri Kenya mu gihe yamaze guteguza abakunzi be indirimbo nshya yise ‘Exchange’ ateganya gushyira hanze ari muri iki gihugu gituranyi cy’u Rwanda.
Bwiza wujuje umwaka ari mu muziki, ni umuhanzikazi watoranyijwe mu irushanwa ryateguwe na KIKAC Music bise ‘The Next Diva’ bahita bamuha amasezerano y’imyaka itanu bakorana.
Mu mwaka umwe amaze akora umuziki, amaze kuzamura izina rye, ndetse afite indirimbo zamenyekanye zirimo n’izo yakoranye n’abandi bahanzi nka; Riderman, Mico The Best,Social Mula n’abandi benshi barimo n’Umugande John Blaq baherutse gusubiranamo ‘Rumors’.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!