Igitaramo cyahuriranye n’imvura ivanze n’imbeho ikomeye yaguye mbere y’amasaha make ngo ibirori bitangire; ibi byakomye mu nkokora bamwe mu bafana bagomba kujya kureba Davido. Ubwitabire ntibwari bushamaje ugereranyije n’uburemere bw’izina rya Davido n’ibigo byamufashije gutegura iki gitaramo.
Davido yaje i Kigali mu cyiciro cyo gutangiza ibitaramo yise ‘30 Billion Africa Tour 2018’ bigizwemo uruhare rukomeye na Sony Music imufasha mu muziki, Positive Production yo mu Rwanda ndetse n’ibitangazamakuru byubashywe ku Isi birimo RFI, France 24 n’ibindi.
Igitaramo cya Davido cyitabiriwe n’abiganjemo abakobwa bakibyiruka, abana bato bavugaga indimi ziganjemo Icyongereza n’Igifaransa gusa; bagaragaje ko bishimiye cyane uyu muhanzi wo muri Nigeria mu gitaramo yakoreye i Remera mu marembo ya Stade Amahoro.
Yabanjirijwe n’abahanzi bo mu Rwanda barimo Phiona Mbabazi, Sintex, Buravan, Charly&Nina na Riderman. Muri aba bose baririmbye mbere ya Davido, Buravan na Phiona nibo baririmbye mu buryo bw’umwimerere mu gihe abandi bitabaje CD.
Davido yageze imbere y’abafana be saa sita n’iminota 35 abasezera saa saba n’iminota 45 ari nabwo abacuranzi bakubise umurishyo wa nyuma igitaramo kinahita gisozwa.
Mu byo yavugaga byose, Davido yagarukaga ku buryo akunda bikomeye Abanyarwanda akavuga ko ‘yizeye neza ko bashyigikiye umuziki’. Igitaramo kigitangira kugeza gisojwe, abiganjemo abakobwa ni bo bazamuraga amajwi y’ibyishimo berekana ko ‘umutima ukunda umuziki bawumuhariye’.
Igitaramo cyabaye mu mbeho ikomeye cyane ku buryo abatari bafite ibyo kwifubika bakomanyaga amenyo. Nubwo hari hakonje ariko, mu bafana hari harimo abakobwa batagerwaho n’imbeho bari abambaye utwenda tugufi abandi bambaye imyenda ishushe nk’amashati maremare nk’umuderi uharawe cyane mu bakobwa bazi kwambarira ibirori.
Umuhanzi Davido akigera ku rubyiniro, abantu bamweretse ko bamwishimiye cyane, batera hejuru bamwakiriza amashyi menshi baririmbana na we ubona bose batwawe.
Bari babategereje igihe kinini, kuko igitaramo cyatangiye mu ma saa kumi n’ebyiri z’umugoroba abafana bakomeza guteguzwa ko hari umuhanzi ukomeye muri Afurika ugiye kuza kubasusurutsa. Uwaje kureba igitaramo wese yiyumvishaga ko byibuze Davido aririmba nka saa mbili ariko yahageze saa sita zirengaho mike.
Umujinya mwiza wa 2014…
Davido yaherukaga gukorera igitaramo mu Mujyi wa Kigali muri Nyakanga 2014 ubwo u Rwanda rwizihizaga Kwibohora ku nshuro ya 20. Icyo gihe Jay Polly na Urban Boyz nibo bahanzi boroheje bamubanjirije ku rubyiniro; ibi byamusigiye urwibutso rukomeye ku Rwanda ndetse n’ubu yananiwe kubyibagirwa.
Ubwo Davido aheruka mu Rwanda, yageze ku rubyiniro akurikiranye na Jay Polly wari umaze gushyushya abafana mu buryo bukomeye. Uyu muhanzi yahageze abafana bongeye gukonja ku buryo bitamworoheye kongera kubahagurutsa bityo bimwereka ko ‘inkoko iri iwabo ishonda umukara’.
Davido yeretse urukundo Jay Polly
Yavuye mu Rwanda yirahira umuraperi Jay Polly, ibi byaranditswe ndetse bivugwaho mu buryo bukomeye mu itangazamakuru ryo mu Rwanda. Davido yagarutse agifite Jay Polly mu mutwe ndetse ngo ‘ni we muhanzi yubaha mu bo mu Rwanda bose’.
Mu gitaramo hagati, Davido yikije gato abwira abafana ati “Nshobora kubabwira umuhanzi nkunda cyane mu Rwanda? Murabyiteguye?” Yahise yicira ijisho Dj we witwa Ecool na we ahita acuranga indirimbo ‘Ku musenyi’ ya Jay Polly.
Jay Polly yahise azamuka ku rubyiniro aherekejwe n’umugore we. Yahageze ahita afata ijambo agira ati “Davido ni mukuru wanjye. Ntewe ishema nawe mukuru wanjye! Nkwereke icyo mfite?” Davido na we ati “Binyereke muvandimwe.”
Jay Polly yahise yanzika n’indirimbo ‘Ku musenyi’ abwira Davido ngo amufashe bayiririmbe. Davido yaririmbye afatanye urunana n’umuhanzi Jay Polly afata nk’ukomeye cyane i Kigali.
Uyu muraperi yasoje kuririmba ahita abwira abafana ko bakwiye kwitega ikintu gikomeye azakorana na Davido. Amaze kuririmba, Jay Polly n’umugore we bakomeje kwisirisimba hafi ya Davido aririmba kugeza ubwo yatashye nabo baramukurikira bajya kunoza ibiganiro.
Amafoto: Niyonzima Moses



















TANGA IGITEKEREZO