00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umujyi wa Kigali wateguye uruhererekane rw’ibirori bitegerejwemo Ali Kiba

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 24 December 2025 saa 10:03
Yasuwe :

Umujyi wa Kigali wateguye uruhererekane rw’ibirori n’ibitaramo by’iminsi 10 bitegerejwemo Ali Kiba uri mu bahanzi bakomeye muri Tanzania.

Ibi bitaramo biteganyijwe kuva tariki ya 24 Ukuboza 2025 kugeza ku ya 2 Mutarama 2026 kuri ‘Rond-point’ ya Kigali Convention Centre.

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Ntirenganya Emma Claudine, yabwiye Televiziyo Rwanda ko ibi byakozwe mu rwego rwo gufasha abatuye uyu mujyi kwidagadura mu kiruhuko kirekire bafite.

Yagize ati “Umwaka ushize twari twateguye umunsi umwe ariko ubu twateguye 10. Twatekereje gutegura ikintu Abanya-Kigali bahugiraho aho kujya mu cyaro ahubwo n’abaho baze i Kigali.”

Ku wa Gatatu, mu ijoro rya Noheli hazerekanwa filimi ebyiri zijyanye n’uyu munsi mukuru zirimo iyakorewe mu Rwanda yitwa ‘The Bridge of Christmas’.

Kuri Noheli hateganyijwe imikino itandukanye y’abana. Ku wa Gatanu hazerekanwa imikino ya Premier League, ku wa Gatandatu hazabera Gen-Z Comedy, ku Cyumweru hazacurangwa igisope.

Tariki ya 29 na 30 Ukuboza 2025 hateganyijwe iserukiramuco ry’urubyiruko. Ni mu gihe mu ijoro ry’ubunani hazaba igitiramo cya Kevin Kade kinateganyijwemo Ali Kiba uri mu bahanzi bakomeye muri Tanzania ari naho hazabera ibirori byo kwinjiza abantu mu mwaka mushya wa 2026.

Tariki ya 1 Mutarama 2026 hateganyijwe umunsi wahariwe abakundana ‘Couples Night’ bazacurangirwa Karaoke.

Ni mu gihe ku wa Kabiri, ari na wo munsi wa nyuma hazaba ‘Kigali Turi Outside” ahagereranyijwe n’akabyiniro kazashyirwa hanze hazaba hari n’abavanga imiziki benshi bagezweho.

Alikiba ategerejwe mu gitaramo gisoza umwaka wa 2025
Umujyi wa Kigali wateguye uruhererekane rw'ibiroro n'ibitaramo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages