Ni igikorwa cyitabiriwe na Visi Perezida w’Umutwe w’Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko, Mukabagwiza Edda, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango Ibuka, Ahishakiye Naphtal, abahagarariye inzego zitandukanye zirimo n’iz’umutekano, abo mu miryangwo y’abibukwa ndetse n’abandi baje kwifatanya na bo.
Mu kiganiro cyatanzwe n’Umukozi wa Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (Minubumwe) akaba n’umushakashatsi, Bimenyimana Valens, yakomoje ku mateka y’u Rwanda mbere y’umwanduko w’abakoloni, uko abanyarwanda babibwemo amacakubiri yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse n’uko Perefegitura ya Kigali yakozwemo Jenoside yakorewe Abatutsi muri icyo gihe.
Yavuze uko Jenoside yakorewe Abatutsi yakoranwe ubukana budasanzwe mu Mujyi wa Kigali, kuko ari ho hateguriwe hakanatorezwa mu buryo buhambaye abagera ku 1700 mu bayikoze, hakaba na bariyeri zigera kuri 80 zategerwagaho Abatutsi ngo bicwe.
Ati ‘‘Ubukana rero bwa Jenoside mu Mujyi wa Kigali burasobanurwa n’iyo myiteguro yo ku rwego rwo hejuru, birasobanurwa n’ayo maboko menshi yari ari muri icyo gikorwa kandi gishyize hamwe, bigasobanurwa n’inzego zari zihari z’ubuyobozi zibishyigikiye’’.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, yavuze ko abayobozi bari bariho icyo gihe bagize ubugwari ntibarinde abo bafite mu nshingano, ko ari isomo ku bayobozi bariho ubu kugira ngo bazane impinduka nziza m miyoborere yabo.
Ati ‘‘Kwibuka ku rwego rw’Umujyi wa Kigali Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biduha umwanya wo kuzirikana ku ruhare rw’ubuyobozi bubi bwateguye bukanashyira mu bikorwa umugambi wa Jenoside, icyo gihe abayobozi bateshutse mu buryo bukomeye cyane ku nshingano z’Ubuyobozi zo kurinda no kurengera abaturage bari bashinzwe’’.
Uwahagarariye imiryango y’abibukwa, Bune Pascal ufite umubyeyi wazize Jenoside yakorewe Abatutsi wakoreraga Perefegitura y’Umujyi wa Kigali, yatanze ubuhamya bw’uko umubyeyi we yishwe, asaba abarokotse gukomera ntibaheranwe n’ayo mateka.
Ati ‘‘Ibyo byose twagiye tubicamo ariko tugira amahirwe y’uko byibuze mu miryango twibuka uyu munsi hari abarokotse, amashami yarashibutse. Turi mu rugamba rwo kubaka igihugu natwe dutera imbere nk’abandi Banyarwanda’’.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango Ibuka, Ahishakiye Naphtal na we yibukije abitabiriye iki gikorwa babuze ababo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ko bakwiye gukomera kuko bikomeza n’abandi.
Yavuze ko ibibi byose byakozwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi byacurirwaga mu Mujyi wa Kigali bigakwirakwizwa mu tundi duce tw’igihugu, ibyatumye uyu mujyi ugira uduce turimo imiryango myinshi yazimye.
Akarere ka Kicukiro ni aka kane mu gihugu mu kugira imiryango yazimye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, gafite 849 yari igizwe n’abantu 3,787. Gasabo iri ku mwanya wa gatanu ifite imiryango 815 yazimye, yari igizwe n’abantu 3,666.
Visi Perezida w’Umutwe w’Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko, Mukabagwiza Edda yashimiye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bagize umutima wo gukomera no kugira ubutwari bwo kubabarira, ko ari bimwe mu biri kugira uruhare mu kubaka u Rwanda rushya kandi ruzira Jenoside.
Yabasabye gutekana kuko ubutegetsi bubi bwasimbuwe n’ubuyobozi bwiza, asaba abitabiriye iki gikorwa muri rusange gusigasira ibyiza byagezweho mu gukomeza kubakira hamwe igihugu n’abandi Baturarwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!