00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umukunzi wa Humble Jizzo yibarutse umukobwa (Amafoto)

Yanditswe na Munyengabe Murungi Sabin
Kuya 23 February 2018 saa 07:44
Yasuwe :

Amy Blauman n’umukunzi we Humble Jizzo wo muri Urban Boyz bari mu byishimo bikomeye nyuma yo kwakira imfura y’umukobwa.

Humble Jizzo yabwiye IGIHE ko, umukunzi we Amy yibarutse neza mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane rishyira kuwa Gatanu tariki ya 23 Gashyantare 2018.

Yagize ati “Imana yaduhaye umugisha, yaduhaye umwana mwiza w’umukobwa.”

Uyu munyamerika yabyariye mu bitaro bya Confluence Health Hospital muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Mujyi wa Wenatchee muri Leta ya Washington.

Humble Jizzo[ubusanzwe witwa Manzi James] we n’umukunzi we Amy Blauman bagiye kubyarira muri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bavuye mu Rwanda ku wa 15 Ukuboza 2017. Humble Jizzo yasize avuze ko bajyanyweyo no kwiyerekana mu muryango ndetse no kuhabyarira imfura yabo.

Amy Blauman yari amaze iminsi mike yerekanye ko afite amashyushyu yo kubona ‘umwana amaze igihe ategereje we na Humble Jizzo’ ari nabwo yatangaje ko abura icyumweru kimwe n’imisago ngo yibaruke.

Ababyeyi ba Amy baje kumureba mu bitaro aho yabyariye
Humble Jizzo n'umukobwa we
Amy na Humble bamaze igihe kigera ku mezi atatu muri Amerika
Humble Jizzo n'umukunzi we batangiye gukundana mu mwaka wa 2014

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages