00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umukunzi wa Tyrese Gibson yahishuye ko yabanje kwiyumvamo Paul Walker wari inshuti ye

Yanditswe na Uwase Kevine
Kuya 26 March 2023 saa 07:34
Yasuwe :

Umunyamidelikazi Zelie Timothy yavuze ko kuva na kera atiyumvagamo umukunzi we Tyrese Gibson ahubwo yashakaga inshuti ye Paul Walker.

Ibi yabitangaje ubwo aba bombi barimo basubiza bimwe mu bibazo abakunzi babo bababajije ku mbuga nkoranyambaga ku bijyanye n’urugendo rwabo mu rukundo n’uburyo bahuye.

Tyrese Gibson wamenyekanye muri Filime ya ‘Fast and Furious’ ubwo yatangazaga ko yahuye na Zelie Timothy ku mbuga nkoranyambaga, uyu mukobwa yahise yungamo avuga ko Tyrese atari umwe mu bagabo bakurura amarangamutima ye ahubwo yireberaga nyakwigendera Paul Walker.

Ati “Nireberaga Paul Walker ariko Tyrese ntabwo yari umwe mu bagabo bankurura. Nubwo abankurura atari abazungu ariko niyumvagamo Paul cyane.”

Aya magambo ntiyashimishije Tyrese Gibson wahoze ari inshuti magara ya Paul Walker wapfuye tariki 30 Ugushyingo 2013.

Ntiyabuze no kubigaragaza ubwo bari bakiri ku mbuga nkoranyambaga asa nk’urakaye abwira umukunzi we ngo ‘ntunkoreho’, mu gihe we yakomeje kuvuga uko yakunze inshuti ye.

Yakomeje ati “Nubwo nahuye na Tyrese nabonaga ashaje. Nakunze gusa inseko ye, ni nziza. N’uburyo ateye ntacyo bitwaye.”

Gusa abakunzi b’aba bombi berekanye ko amagambo uyu mukobwa Zelie Timothy wamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga yavuze ari ugusuzuguza umugabo bamaranye imyaka irenga ibiri bakundana. Bavuze ko ko atari amagambo yari akwiye kumubwira imbere y’imbaga ibakurikirana.

Tyrese Gibson w’imyaka 44 akomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yatangiye kuvugwa mu rukundo n’Umunyamidelikazi Zelie Timothy w’imyaka 27 mu 2021, ubwo yari amaze gutandukana n’umugore we, Norma Gibson.

Yagaragaye mu bice hafi ya byose bya Filime zirimo ‘Fast & Furious’, ‘Black and Blue’ na ‘The System’.

Umukunzi wa Tyrese Gibson yahishuye ko yabanje kwiyumvamo Paul Walker wari inshuti ye
Abakunzi ba Tyrese ntibishimiye amagambo umukunzi we Zelie Timothy yasangije abakurikirana ku mbuga nkoranyambaga aho yavuze ko atari mu bagabo bakurura amarangamutima ye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages