Drille yatumiwe i Kigali aho azataramira ku wa 27 Nzeri 2019 nyuma y’ubusabe bw’abantu benshi bagaragaje ko bifuza gutaramana na we.
Johnny Drille ubusanzwe witwa John Ighodaro ni umuririmbyi w’imyaka 29, akunzwe n’abantu benshi kubera umwihariko w’ijwi rye n’injyana ituje aririmba.
Yamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye zirimo “Wait For Me” yatangiriyeho, “Rome & Juliette” yamwubakiye izina ku ruhando mpuzamahanga, “Halleluya” yakoranye na Simi n’izindi nyinshi.
Umuhanzi Drille abarizwa mu nzu ya Mavin Records iyoborwa na Producer Don Jazzy, ikaba yarazamuriye izina abahanzi barimo Tiwa Savage uri mu bagore bakunzwe muri Afurika.
Kigali Jazz Junction uyu muhanzi yatumiwemo ni ibitaramo ngarukakwezi bitumirwamo abahanzi b’abanyamahaga bafite abakunzi benshi mu Rwanda. Ni abahanzi baba bafite umwihariko wo kuririmba mu buryo bw’umwimerere.
– Reba Romeo & Juliet ya Johnny Drille



















TANGA IGITEKEREZO