Ibi birori byabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 5 Ugushyingo 2022, nyuma y’amezi 11 yambitswe impeta na Thierry Eric Niyigaba bamaze igihe kinini bakundana.
Uyu muhango wo gusaba no gukwa wabereye mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo witabiriwe n’inshuti n’umuryango wa Cyuzuzo na Niyigaba.
Ibi birori bibaye nyuma y’iminsi 14, Cyuzuzo akorewe ibirori byo gusezera ubukumi bizwi nka ’bridal shower’, hagati aho umuhango wo gusezerana imbere y’Imana uteganyijwe muri uku kwezi k’Ugushyingo.
Uyu muhango wo gusaba no gukwa witabiriwe n’abarimo Andy Bumuntu, Antoinette Niyongira, Aissa Cyiza, Sandrine Isheja Butera, Mucyo Kago Christella n’abandi.
Ibi birori bibaye nyuma y’aho ku mugoroba wa tariki 5 Ukuboza 2021, aribwo Cyuzuzo yasangije abamukurikira amafoto y’umuhango yambikiwemo impeta na Thierry Eric Niyigaba.
Cyuzuzo amaze imyaka itari mike mu itangazamakuru aho yakoreye ibitangazamakuru bitandukanye birimo Radio 10 yamazeho imyaka itatu kuva mu 2012 kugeza 2015 ahava yerekeza ku Isango Star. Yahamaze igihe gito ahita yerekeza kuri Royal FM mu 2016 none ubu akorera Kiss FM.
Cyuzuzo Jeanne d’Arc afite Impamyabumenyi y’Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza mu Itangazamakuru n’Impamyabumenyi y’Icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza “Masters” mu bijyanye n’Ububanyi n’Amahanga (International Relations).



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!