Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Kamena 2024, nibwo habaye umuhango wo gusezerana mu mategeko hagati y’aba bombi. Wabereye mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Kimironko.
Mu muhango wo gusezerana mu mategeko, Dc Clement yaherekejwe n’abarimo DJ Phil Peter bakorana ku Isibo, Isimbi Model uzwi ku mbuga nkoranyambaga n’abandi baba mu myidagaduro.
Dc Clement yabwiye IGIHE ko yishimiye kuba yasezeranye imbere y’amategeko.
Ati “Ubu nabaye uwe nawe yabaye uwanjye byemewe mu mategeko. Ni intambwe ishimishije nteye mu buzima ibisigaye nabyo ni vuba”
Basezeranye mu mategeko nyuma y’uko ku itariki 16 Kanama 2024 berekanywe muri Elayono Pentecost Blessing Church, bahabwa umugisha na Rev.Prophet Ernest Nyirindekwe wasabye abakirisitu kuba hafi abana b’itorero.
Ku rupapuro rw’ubutumire bw’ubukwe bwa Dc Clement na Manzi Ariane handitseho ko gusaba, gukwa no gusezerana imbere y’Imana biteganyijwe ku itariki 1 Nyakanga 2024 i Kanombe mu Karere ka Kicukiro.
Kuri ubu Dc Clement akora ku Isibo FM mu kiganiro cyitwa Isibo Radar cyibanda ku makuru y’imyidagaduro akaba anafite umuyoboro wa YouTube witwa Dc Tv Rwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!