00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyamibare wahindutse Umu-DJ: Urugendo rwa DJ Crush uri mu bakobwa bagezweho mu kuvanga imiziki (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 18 July 2024 saa 10:19
Yasuwe :

Muri iki gihe abakunda ibirori mu Rwanda bamaze kumenya umwe mu bakobwa bagezweho mu kuvanga imiziki ushimisha benshi. Uwo ni DJ Crush uri mu bakobwa bakiri bato ariko bari kubica bigacika.

DJ Crush niwe wacuranze kuri ‘Final’ ya Tour du Rwanda iheruka kuba mu ntangiro z’uyu mwaka ku nshuro ya 16, Magic Experience 2023, Christmas Day Out Season 5, Pearl of Africa Rally Fest Kampala n’ahandi hatandukanye.

Yatangiye kuvanga imiziki umwaka ushize. Mu busanzwe yize MCB [Imibare, Ubutabire n’Ibinyabuzima] mu mashuri yisumbuye. Amazina ye asanzwe yitwa Liliane Tuyambaze.

Yabwiye IGIHE ko avuka mu muryango w’abana barindwi ndetse akaba ari we ubanziriza umuhererezi. Uyu mukobwa afite ababyeyi bose.

Uyu mukobwa w’imyaka 22 avuga ko yinjiye mu kuvanga imiziki kuko ari ibintu yakuze akunda. Ati “Nabyinjiyemo kuko ari ibintu nakuze nkunda. Ubwo nigaga mu mashuri yisumbuye nabwo nari DJ guhera mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye kugeza mu wa gatandatu. Abantu twiganye benshi barankundaga kubera ko nasabanaga na buri wese kandi mpa abantu ibintu bakunda ariwo muziki.’’

Avuga ko asoje kwiga yahise ajya kubyihugura kuko ari ibintu yakundaga ndetse aza kuba umu-DJ wa mbere wa RTV Motomoto ndetse na Magic Drive kuri Radio Magic. DJ Ira imarira aka kazi ni umwe mu batumye yinjira muri aka kazi ndetse akaba yarabonaga uburyo abikora akumva ashaka kuba nka we cyangwa se akanamurenga .

DJ Crush yiyise gutya ubwo yashakaga izina yakoresha mu kazi ke ka buri munsi. Iyo avanga imiziki agaragaza ko abikora biturutse ku bantu ari gucurangira kuko akunda umuziki muri rusange ariko iyo acuranga akunda cyane ijyana ya ’Afrobeats’ na ’Amapiano’.

Kimwe mu bintu atazibagirwa mu rugendo rwe kugeza ubu ni igihe yacurangaga bwa mbere kuri Televiziyo y’u Rwanda. Yavuze ko kimwe mu bintu byamugoye ari ugucuranga mu tubari bamwe bagashaka ko anywa inzoga kandi atazinywa.

Akavuga ko ammhirwe yagize ari uko atigeze ageragezwa n’abagabo. Kimwe mu bimufasha guhora ku gasongero ko kuvanga imiziki ni uko ahora yihugura ku muziki ugezweho.

DJ Crush avuga ko afite uburyo bwe avangamo umuziki bityo iyo ahawe urubyiniro bitamugora gufata imitima y'imbaga yitabiriye ibirori arimo
DJ Crush iyo ari imbere y'imbaga agaragaza ubuhanga bwe mu kuvanga imiziki
DJ Crush ni umwe mu bakobwa bitabazwa mu birori bitandukanye
DJ Crush yamamaye ubwo yatangiraga gucuranga kuri Televiziyo y'u Rwanda
Uyu mukobwa agezweho mu bavanga imiziki mu Rwanda
Uyu mukobwa yinjiye mu byo kuvanga kubera gukunda umuziki ariko abisunikirwamo cyane no kubona DJ Ira abikora
Uyu mukobwa afite imyaka 22 y'amavuko
Uyu mukobwa ni umwe mu bari kugenda bigarurira imitima ya benshi mu Rwanda
Mu gihe gito amaze ni umwe mu bavanga imiziki b'abakobwa bagezweho
DJ Crush avuga ko afite uburyo bwe avangamo umuziki bityo iyo ahawe urubyiniro bitamugora gufata imitima y'imbaga yitabiriye ibirori arimo
DJ Crush amaze kwigarurira imitima ya benshi
DJ Crush ni umwe mu bakobwa bamaze igihe bahise bagirirwa icyizere na benshi
DJ Crush iyo ari imbere y'imbaga agaragaza ubuhanga bwe mu kuvanga imiziki
DJ Crush agezweho mu bacuranga mu tubari n'ibirori bitandukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages