00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyarwenya Rusine Patrick yatandukanye na Power FM yerekeza kuri Kiss FM

Yanditswe na Mahoro Vainqueur
Kuya 3 October 2022 saa 11:41
Yasuwe :

Umunyarwenya Rukundo Patrick umaze kumenyerwa nka Rusine mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, yatandukanye na Radiyo ya Power FM nyuma y’amezi arindwi yari amaze akorana nayo ahita yerekeza kuri Kiss FM.

Uyu munyarwenya ubivanga n’akazi k’itangazamakuru mu minsi ishize aherutse gushyira ubutumwa kuri Twitter yandika “102,3” umurongo wa FM wa Radiyo ya Kiss FM asaba abamukurikira kuzuza ibisigaye.

Kuri uyu wa Mbere mu kiganiro “Breakfast with the stars” gikorwa na Sandrine Isheja na Andy Bumuntu, bakiriye uyu munyarwenya nk’umutumirwa ahita abahabwa ikaze nanone nk’umunyamakuru muri iki kiganiro cya mu gitondo.

Rusine asubiye kuri Kiss FM yari yaravuyeho mu minsi ishize yerekeza kuri Power FM cyane ko mbere yo kuhava yakoranaga na Uncle Austin.

Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko mu cyumweru gishize aribwo uyu munyarwenya yasezeye bagenzi be bakoranaga kuri Power FM abamenyesha ko agiye gusubira kuri Kiss FM.

Mu kiganiro na IGIHE, Rusine we yagize ati "Nahoze mbona abantu kuri Twitter bavuga ngo banyirukanye ariko si byo , ni ukwimuka bisanzwe , kumwe uva ahantu ukajya ahandi, nta kibazo nagiranye nabo , navuganye nabo mbere y’uko ngenda , nzajya nkora mu kiganiro cya mu gitondo na Sandrine.”

Rusine asanzwe ari umukinnyi wa filime zitandukanye zirimo Umuturanyi n’iyitwa Mugisha na Rusine.

Ni umwe mu banyarwenya bagezweho mu gihugu ndetse aherutse gukoresha igitaramo yise “Inkuru ya Rusine”.

Sandrine Isheja na Andy Bumuntu bahaye ikaze Rusine muri studio za Kiss FM
Ibyishimo ni byose kuri Rusine wamaze gusubira kuri Kiss FM
Umunyarwenya Rusine Patrick yatandukanye na Power FM yerekeza kuri Kiss FM

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages