00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyarwenya Samu Zuby yongeye kugerageza amahirwe yo kuba Umudepite

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 17 August 2026 saa 06:27
Yasuwe :

Nyuma yo kudahirwa mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko aheruka, Muco Samson, wamenyekanye nka Samu Zuby, yongeye guhatanira kuba Umudepite.

Muco Samson ni umwe mu bantu 59 batanze kandidatire bagamije kujya mu Nteko Ishinga Amategeko, ahakenewe umuntu umwe usimbura Depite Icyitegetse weguye.

Mu matora yabaye ku wa 16 Nyakanga 2024, abagize komite z’urubyiruko mu turere twose batoye abazabahagararira mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.

Mu bakandida 31 biyamamarizaga guhagararira urubyiruko, byari byitezwe ko hatorwamo umuhungu n’umukobwa bagira amajwi menshi kurusha abandi.

Icyitegetse Venuste uherutse kwegura ni we wari wegukanye umwanya wa mbere n’amajwi 159 mu gihe umukobwa yabaye Umuhoza Vanessa Gashumba wagize amajwi 188.

Icyitegetse wari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yeguye kubera imyitwarire itari myiza nubwo hatasobanuwe mu buryo burambuye ibyo yakoze.

Umunyarwenya Samu Zuby yongeye kugerageza amahirwe yo kwinjira mu Nteko Ishinga amategeko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages