Uyu muhanzi Icyishaka David uzwi nka Davis D yavuze ko umushinga wo gucuruza udukingirizo twiswe ‘D Protection’ ugikomeje gusa ngo wadindijwe n’inzira z’ibanze zisabwa kugira ngo tujye ku isoko twujuje ubuziranenge.
Davis D wari umutumirwa mu kiganiro ‘Samedi Détente’ cya Radio Rwanda kuri uyu wa Gatandatu, yavuze ko bitari koroha ko uyu mushinga wo gucuruza udukingirizo twamwitiriwe ushyirwa mu bikorwa.
Ati “Ni umushinga, kandi hari inzira binyuramo, ni ukugaragaza umushinga ariko bifata urugendo kugira ngo utange ibintu bifite ubuziranenge. Bigeze mu kugakora, hazakurikiraho gusuzuma ubuziranenge bwako, ariko D –Condom rwose abantu bazayambara nta kibazo.”
Davis D aherutse gutangariza IGIHE ko umufatanyabikorwa bari bari gukorana asanzwe akora ubucuruzi bw’udukingirizo, icyabaye kikaba ari uguhindura uburyo twamamazwamo akoresha ifoto ye ndetse bakora n’izina ryatwo.
Uyu muhanzi ukunzwe n’abatari bake ntiyatangaje igihe utu dukingirizo “D Protection ” tuzashyirirwa ku isoko ariko yijeje abakunzi be ko umushinga ugikomeje kandi utazatinda.
umva indirimbo nshya ya Davis D yahuriyemo na Melissa bise “My Dream”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!