00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umwana wa K8 na Bahati yatangiye kugaragaza impano y’umuziki no gukina

Yanditswe na

Patrick Munyentwari

Kuya 6 October 2013 saa 04:16
Yasuwe :

Muhire Ethan Jedidiah, umwana w’umuraperi Kavuyo K8 na Nyampinga w’u Rwanda 2009 Grace Bahati ari gukura agaragaza impano zitandukanye zirimo umuziki no gukina zishobora kuvamo icyo azaba cyo ahazaza he.
Uyu mwana ari kugenda atungurana mu mikurire ye, kuko akorakora aho yumva hamunyuze bigaragaza gukura kwe n’ibyo agenda akunda, kuko uretse kuba se, K8 Kavuyo ari umuhanzi na we, uko akura agenda agaragaza ubuhake bwe mu gukunda gucuranga nubwo umuntu atahita abyemeza neza kuko hakiri kare (…)

Muhire Ethan Jedidiah, umwana w’umuraperi Kavuyo K8 na Nyampinga w’u Rwanda 2009 Grace Bahati ari gukura agaragaza impano zitandukanye zirimo umuziki no gukina zishobora kuvamo icyo azaba cyo ahazaza he.

Uyu mwana ari kugenda atungurana mu mikurire ye, kuko akorakora aho yumva hamunyuze bigaragaza gukura kwe n’ibyo agenda akunda, kuko uretse kuba se, K8 Kavuyo ari umuhanzi na we, uko akura agenda agaragaza ubuhake bwe mu gukunda gucuranga nubwo umuntu atahita abyemeza neza kuko hakiri kare cyane.

Aganira na IGIHE K8 Kavuyo yagize ati “Ubu umwana ameze neza, ubu amaze kuzuza umwaka n’igice."

Reba amashusho ya Ethan Jedidiah Muhire asa n’ukina Golfe:

Uretse gucuranga piano, Ethan ari kwigaragaza nk’ushobora no kuzatungurana mu bijyanye n’imikino, kuko amashusho yatangajwe na nyina agaragaza ko uyu mwana ashikajwe no gukina Golf.

Abinyujije kuri Facebook, nyampinga Bahati agaragara amwifuriza kuba umukinnyi wa Golf, aho yagize ati “Tigerwoods (icyamamare muri Golf) w’ahazaza”.

Ahandi akagira ati “Ibitekerezo bye biramuganisha ku kuba umucuranzi”.

Ati “ Uyu we sinari nzi ibyo azakora. Ashobora kuba afite byinshi, ari muri byinshi”.

Uyu mwana ubwo hari hashize iminsi mike avutse yagize amahirwe adasanzwe yo guhura Perezida Obama mu 2012.

Perezida Barack Obama wa Leta Zunze Ubumwe z'Amerika yasomye mu gahanga Muhire Ethan Jedidiah
Inyana ni iya mbweru naho Mwene Samusure we akavukana isunzu; umwana w'umuraperi K8 Kavuyo ari kugaragaza gukunda cyane ibijyanye n'ubuhanzi
Muhire Ethan Jedidiah aryamye afite igitabo
Bahati ahetse mu mugongo umwana yabyaranye na K8 Kavuyo
Nyampinga Bahati asoma umwana we Muhire
Muhire Ethan yambaye umupira uriho ibengera ry'u Rwanda mu gatuza
Bahati na K8 bari muri studio bari kumwe n'umusore wabo bigaragara ko ashobora kuzavamo umuhanzi
Bahati yizihiza isabukuru y'umwaka umwe y'uyu musore we Muhire Ethan Jedidiah

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages