00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Lil Durk

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 12 January 2026 saa 09:08
Yasuwe :

Urukiko rwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwateye utwatsi icyifuzo cy’abunganira umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Hip Hop, Lil Durk, bari basabye ko ibyaha aregwa byateshwa agaciro, bituma uru rubanza rwe ruzakomeza.

Lil Durk akurikiranyweho icyaha cyo guha umuntu akazi ko kumwicira undi, bishingiye ku gitero cyabaye mu 2022 i Los Angeles, aho umuraperi Quando Rondo yarashwe ariko akarokoka, mu gihe mubyara we, Lul Pab yahitanywe n’amasasu.

Iki cyemezo cyafashwe n’urukiko rw’i California. Umucamanza Michael Fitzgerald yanze icyifuzo cy’abunganira Lil Durk atazuyaje, avuga ko nta shingiro gifite. Ati “Nta shingiro na rito ry’iki cyifuzo rihari. Ntaryo rwose.”

Umucamanza Fitzgerald kandi yemeje icyemezo cyari cyarafashwe mbere cyo kwanga gufungura uyu muraperi ku ngwate, ananga n’ibindi byifuzo byose byari byatanzwe n’abunganira Lil Durk.

Uyu muhanzi yatawe muri yombi mu Ukwakira 2024. Ashobora guhanishwa igifungo cya burundu mu gihe yaba ahamwe n’ibyaha. Biteganyijwe ko urubanza rwe ruzatangira kuburanishwa mu mpera za Mata 2026, bitewe n’uko umucamanza uzaruburanisha azaba yamaze kwemezwa mu buryo budasubirwaho.

Lil Durk yatawe muri yombi mu Ukwakira 2024

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages